00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Haguma, izina ryifuriza nyiraryo kudatsimburwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 January 2017 saa 07:44
Yasuwe :

Haguma ni izina ry’abagabo. Rituruka ku mugani w’umugenurano ugira uti “Haguma ubuzima, ibindi birashakwa".

Aho niho mu mateka y’intambara yo ku Rucunshu irangiye, Kabare yakurije kuvuga, ati “Haguma umwami, ingoma irabazwa”.

Kuguma rero uretse inyito tuzi yo kutava aho uri ari byo bisobanuye kimwe no guhama, gukomera cyangwa gukomeza, hari no kuguma bivuga kubura cyangwa kutaboneka, ariho naho haturuka ijambo ingume .

Ingume: ni ukubura kw’ikintu mu gihe kirekirembese kitakiboneka

Umwanzuro

Haguma akenshi baryita umwana bamwifuriza ubutwari kuko baba bavuga ngo "haguma ubutwari" icyo gihe baba bashaka kuvuga ko abenshi baba ibigwari.
Umwana rero baba bamwifuriza kuzaba intwari idatsimburwa ku rugamba.

Ibi bisobanuro byatanzwe n’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco RALC


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages