Umukobwa yitwa Michele, Micheline n’andi mazinamenshi asaga 50 akomoka kuri iri zina
Bimwe mu biraga ba Michel
Michel ni umuntu woroshya ubuzima, utuma abantu baseka, iyo uhuye nawe ubawumva mwaba inshuti.
Ni umuntu uba ugaragara neza, ukunda umuziki, kwambara neza ,ukunda ibiryo
Buri mukobwa wese aba yifuza kuba inshuti na Michel bitewe n’ukuntu aba ari umuntu witanga.
Michel akunze kuba ari umuntu w’umunyakuri kandi w’umwizerwa.
Michel abasha gukora ibintu byinshi kandi neza ndetse azi no gusaba ubufasha iyo hari ibyo adashoboye,ntabwo bimutera isoni.
Iyo ahisemo ikintu yiyumvamo nka politike ,ubuvuzi cyangwa ikindi abasha kugikora neza.
Ubucuruzi buramuhira,ibyo yerekejeho umutima n’imbaraga abigeraho.
Ni umuntu ushobora kwishima no kurakara ntubimenye usanga aba adakunze gusamara .
Yikundira ubuzima buciriritse, busanzwe kandi iyo hari ibyo abona bitagenze nkuko abyifuza araceceka.



















TANGA IGITEKEREZO