Ni nkaho umubyeyi yabwiye Rubanda ngo ko urupfu ruhora ruduhekura, wenda mwebwe mwabona izina ryamuhisha. Nimumuhe iryo mushaka njyewe sinabona uko mwita.
Hari ubwo kandi iri rizina rituruka k’ugucyocyorana habuze utanga izina ry’umwana wenda ku bw’impamvu runaka hagati y’ababyeyi maze umwana akabigenderamo bakamugenura ngo ‘Mwitenawe’
Umwanzuro
Kuba umubyeyi yakwita umwana we ‘Mwitenawe’ hari ubwo aba agaragaza ko yabuze uko yamwita ngo urupfu rutamutwara, hari n’ubwo aba aca amarenga y’ukutumvikana hagati y’abagize umuryango ku izina rikwiriye umwana.
Ibi bisobanuro byatanzwe n’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco, RALC
























TANGA IGITEKEREZO