00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagabo basambana, abagore basuzugura: Abanya-Kigali ku mpamvu zitera gatanya (video)

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 26 July 2025 saa 09:32
Yasuwe :

Iyo uganiriye na bamwe mu batuye mu Rwanda, bakubwira ko iterambere ryazanye ingaruka nyinshi ku rushako harimo n’izitari nziza. Ibi bikagira uruhare muri gatanya z’abashakanye.

Gusa ntiwakwirengagiza ko iryo terambere hari n’abo ryafashije kubaka zigakomera.

Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali baganiriye na IGIHE, batanga ibitekerezo bitandukanye kuri iyi ngingo.

Ingabire Marie Chantal yavuze ko kimwe mu bitera gatanya mu Rwanda ari uko bamwe mu bagabo bakomeje kwimika ingeso y’ubusambanyi.

Ati ‘‘Muri iyi minsi, umugabo arashaka umugore yamara kubyarana na we rimwe, kabiri, agahita abona we yarenze abandi bose. Yagera imbere akabona umwana muto akumva afite irari ryo kureba mu maguru ye. Ubwo rero ni cyo kintu gituma gatanya muri iyi minsi ziba cyane.’’

Ni igitekerezo ahuriraho na Umuhoza Zawadi, wavuze ko hari abagabo bamarana imyaka runaka n’abagore babo, umugabo agatangira kubona umugore we atakiri mwiza nka mbere.

Ati ‘‘Umugabo muramarana imyaka 10 cyangwa 15 akaba araguhaze akumva ko utakigezweho utakiri mwiza […]. Niba umugabo adakoze inshingano, icyagukuye iwanyu ntagikore akamara icyumweru aguteye umugongo, akamara ibyumweru bibiri nta kintu akubwira, ni gute wowe mugore utazabona umugabo ukwitaho nawe ukajya kuryoshya?’’

Umuhoza yongeraho ko hari abagabo birengagiza inshingano z’urugo, amafaranga bakoreye bakayajyana mu kabari no kuyatungisha amahabara, bigasenya ingo.

Umugabo witwa Irankunda Munezero yavuze ko hari abagore batihanganira ko abagabo babo bakennye, bagatangira gucudika n’abandi bafite amafaranga ugasanga bataye ingo zabo.

Ati ‘‘Abagore mugira iraha! Niba ubonye umugabo wawe uyu munsi yashomye, ukaba ubona wa wundi afite ikofi birangira ugiye. Kandi wa mugabo aba yiriwe akoboka ashaka 2000 Frw, nta kuntu azirirwa ahiga 2000 Frw, [wowe umugore] ureba ufite inote za 5000 Frw ngo mwumvikane.’’

Bugingo Désiré na we avuga ko hari abagore babona abagabo babo bakennye bagatangira kubasuzugura ndetse bakabita imbwa.

Ati ‘‘Ntabwo umugore uzamuhahira imvage avuye gukekagura inyama z’inkoko [yaguriwe n’abandi bagabo], ubwo wowe niba wahashye imvange, uzitwa imbwa nyine.’’

Ifoto yakozwe hifashishijwe AI


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages