00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Katabarwa afite abagore umunani, abana basaga 40 n’abuzukuru 100

Yanditswe na

Emma-Marie Umurerwa

Kuya 3 December 2015 saa 10:39
Yasuwe :

Katabarwa Martin ni umukambwe usazanye umucyo mu rukundo rwinshi ahundagazwaho n’abagore be umunani, bamubyariye abana 46, abo bamubyarira abuzukuru 100, naho abuzukuruza bo ngo umubare wabo ntawo azi.

Nk’uko yabitangaje mu kiganiro yagiranye na TV1, mu myaka 96 amaze ku Isi, Katabarwa utuye mu Karere ka Gicumbi yumvise umunyenga w’urukundo rudasanzwe yahabwaga na buri mugore mu bo yashatse bagera ku munani.

Aba bagore bose uko ari umunani, Katabarwa avuga ko ariwe wabirambagirizaga, hanyuma abagore bakuru bakarika umuto amezi atandatu [kwarika ni umuco wahozeho kera, aho bashyiraga umukobwa mu nzu bakamusiga amavuta bakamunogereza kugirango azabonane n’umugabo afite itoto].

Nta mukobwa wamubengaga. Ati “Nari mwiza ku buryo bugaragara, nari imfura nta mukobwa wambengaga.”

Nubwo gushaka abagore benshi abikomora kuri Se na Sekuru, aho itegeko ribuza ubuharike riziye ku ngoma ya Kayibanda no ku ya Habyarimana, ryatumye abagore be uko ari umunani atangira kubasorera. Ati “Umugore umwe namusoreraga amafaranga 400, nanjye nkisorera nkayo.Uko kubasorera byatumaga bose bangana imbere y’amategeko.”

Icyakora nk’uko bisanzwe, umuntu agira amarangamutima n’ubwo aba bagore umunani banganaga imbere y’amategeko, hari uwo yakundaga kurusha abandi. Ati “Abantu bose ntabwo ari kimwe, hari uwari ufite ingeso nziza kurusha abandi, bikajyana no kwakira abashyitsi, agashaka inshuti z’umuryango, akamenya no kumpa icyubahiro.”

Abagore ba Katabarwa barimo Nzamugurisuka Rusi na Mukakayondo Rusi, bavuga ko babana neza n’umugabo wabo, ndetse no hagati yabo ubwabo hahora hahehereye umwuka mwiza.

Abagore be n’abamukomokaho bihariye Umudugudu

Mu bagore umunani bashatswe n’uyu musaza, babiri muri bo barapfuye. Kugeza ubu kandi Umudugudu wa Rusambya, ngo uretse umuryango umwe, abandi bose bawutuyemo ni abakomoka kuri Katabarwa.

Mu bikorwa yabashije gukorera umuryango we, ku giti cye yubakiye abana bamukomokaho ishuri ribanza rya Rusambya, kuri ubu ryeguriwe Minisiteri y’Uburezi kuko atari agishoboye guhemba abarimu.

Agira ababyeyi inama yo gukunda abana babo, kandi bakabashyira mu mashuri kuko aribyo bizabafasha kubaho neza mu bihe biri imbere.

Ntiyifuriza abakiri bato kugera ikirenge mu cye

Katabarwa asanga bitewe n’uko ubuzima bwa kera ataribwo bw’ubu, umusore watekereza gushaka abagore benshi, ashobora guhura n’ishyano. Ati “Amafaranga y’ubu ntiyatuma ushaka abagore benshi, ubuzima bwa kera butandukanye cyane n’ubuzima bw’ubu. Umusore watekerezaga kuzashaka abagore benshi namugira inama yo kubireka.”

Katabarwa Martini aganira n'umunyamakuru
Umwe mu bagore ba katabarwa
Undi mugore wa Katabarwa
Mu rugo kwa Katabarwa
Katabarwa yerekana amashuri yubatse

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages