00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

“ Kubyara ni nko kugabwaho igitero n’abiyahuzi”

Yanditswe na

Umurerwa Emma-Marie

Kuya 13 August 2012 saa 01:04
Yasuwe :

Nyuma yo kubyara, umugore umwe kuri batatu agaragaza ibimenyetso by’ihungabana. Iri hungabana ngo ryaba rifite aho rihuriye ni ntambara cyangwa ibitero by’abiyahuzi.
Nkuko urubuga rwa 7sur7 dukesha iyi nkuru rubitangaza, iyo abagore bamaze kubyara bwa mbere bakomeza kwibuka ububabare bagize, ndetse ngo bagakomeza no kwibuka uko batabazaga, ibyo bikaba byabaviramo kurwara zimwe mu ndwara z’umutima, ndetse bigatuma batinya no kongera kubyara.
Ubushakashatsi bwakorewe mu gihugu cya (…)

Nyuma yo kubyara, umugore umwe kuri batatu agaragaza ibimenyetso by’ihungabana. Iri hungabana ngo ryaba rifite aho rihuriye ni ntambara cyangwa ibitero by’abiyahuzi.

Nkuko urubuga rwa 7sur7 dukesha iyi nkuru rubitangaza, iyo abagore bamaze kubyara bwa mbere bakomeza kwibuka ububabare bagize, ndetse ngo bagakomeza no kwibuka uko batabazaga, ibyo bikaba byabaviramo kurwara zimwe mu ndwara z’umutima, ndetse bigatuma batinya no kongera kubyara.

Ubushakashatsi bwakorewe mu gihugu cya Isiraheli bwagaragaje ko kubyara bifatwa nka bumwe mu buryo bushobora gutera ihungabana, nubwo bishobora gufatwa nabi mu kubitangariza abantu.

Aba bashakashatsi bakomeza bavuga ko kubyara bishobora no kuba imbarutso y’ubwoba bw’indengakamere.

Ibimenyetso by’iri hungabana riba ku mugore umaze kubyara bwa mbere rigaragaza ibimenyetso nk’ibyumuntu watewe ubwoba cyane, uwagize ibikomere bikabije, uwabonye aho bica abantu , ndetse ni bindi bintu bishobora gutuma umuntu ubibonye cyangwa uwo bibayeho agira ubwoba.

Ku bagore bagera kuri 89% babajijwe nyuma yo kubyara, 3,4% bagaraje ko bafite iri hungabana, naho 7,8% bagaragaje ko bafite ibi bimenyetso hafi ya byose, mugihe abagera kuri 25% bagaragaje ibi bimenyetso mbere yuko babyara.

Abaganga bakurikiranira hafi umugore wese ugaragaweho n’ibi bimenyetso by’ihungabana nyuma yo kubyara, kuko ngo bishobora kumugiraho ingaruka, bikaba bibasaba gushishoza no kumenya kwita kuri aba bagore by’umwihariko.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages