00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto y’umufana wa APR FC ugiye kurushinga n’Umuvugizi wa Rayon Sports

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 18 April 2023 saa 12:05
Yasuwe :

Umunyamakuru akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Nkurunziza Jean Paul, yashyize hanze amatariki y’ubukwe bwe na Nkusi Goreth benshi bazi nka Gogo, usanzwe ari umufana ukomeye wa APR FC.

Nk’uko integuza yabwo ibigaragaza, ubukwe bwa Nkurunziza na Nkusi buteganyijwe tariki 2 Nyakanga 2023.

Nta makuru menshi yatangajwe ku bukwe bwabo, cyane ko ubutumire buzasohoka mu minsi iri imbere.

Mu mpera z’umwaka ushize, tariki 29 Ukuboza 2022, ni bwo Nkurunziza yafashe icyemezo yambika umukunzi we impeta, bemeranya kurushinga.

Nkurunziza na Gogo bamaze igihe bakundana nubwo urukundo rwabo rutigeze rumenyekana cyane mu itangazamakuru.

Uyu musore azwi cyane ku nk’umunyamakuru w’imikino wanyuze mu binyamakuru bitandukanye birimo Isango Star akorera ubu, Umuseke, Radio1, Radio Flash n’ibindi binyuranye.

Uretse kuvugira Rayon Sports, Nkurunziza asanzwe ari n’umukunzi w’iyi kipe igira abafana benshi mu Rwanda, kongeraho Manchester United yo mu Bwongereza.

Gogo witegura kurushinga na Nkurunziza, ni umufana wa APR FC na Arsenal, akaba yarihebeye bikomeye izo kipe zombi.

Nkurunziza na Nkusi bamaze igihe bakundana
Mu mpera z'umwaka ushize ni bwo Nkurunziza na Nkusi bemeranyije kubana
Integuza y’ubukwe bwa Nkurunziza na Nkusi 'Gogo'
Nkusi amaze igihe akundana n'Umuvugizi wa Rayon Sports, Nkurunziza Jean Paul
Ubwo Nkusi yari kumwe na Canal+ muri Tour du Rwanda
Nkusi ugiye kurushinga n'Umuvugizi wa Rayon Sports, ni umufana ukomeye wa APR FC
Nkusi asanzwe ari umukunzi ukomeye w'umupira w'amaguru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages