00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyishimo bya Saint Valentin mu Mujyi wa Kigali (amafoto)

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 14 February 2026 saa 03:56
Yasuwe :

Ku wa 14 Gashyantare buri mwaka ni umunsi mpuzamahanga wahariwe abakundana. Ni umunsi urangwa no kugaragarizanya urukundo binyuze mu guhana impano zitandukanye nk’indabo, amakarita yanditsemo amagambo yuje urukundo n’ibindi.

Uyu munsi no mu Rwanda ntiwahatanzwe kuko ugiye mu Mujyi rwagati ahazwi nko mu gace k’ubucuruzi (Quartier Commercial) ubona ko abantu bitabiriye kwizihiza uyu munsi.

Abacuruzi baramutse bahuze cyane bafunga indabo, abandi bafunga impano neza kandi mu mabara ajyanye n’uyu munsi ari yo umutuku, umukara n’umweru.

Indabo iziri gutangwa cyane niiz’umutuku, ubusanzwe zifatwa nk’ikimenyetso cy’urukundo.

Ku rundi ruhande abakundana nabo babukereye ku buryo bitagutwara iminota myinshi utarabona umusore n’umuhungu bari kugendana umwe muri bo afite ururabo cyangwa impano mu ntoki kandi ubona ko ku maso bishimye.

Mu muhanda naho iyo uharebye ubona ko ari umunsi w’abakundana kuko moto zimwe hari izaretse gutwara abantu ziyemeza gufasha izisanzwe zikora akazi ko gushyira abantu ibintu kuko inyinshi mu muhanda ni izitwaye indabo n’izindi mpano bigaragara ko bazikuye ahantu hamwe bazishyiriye abantu.

Nubwo bimeze bityo ariko mu myaka yo hambere igisobanuro uyu munsi ufite none si cyo wahoranye. Bivugwa ko amateka yawo ahera mu myaka ya 270 nyuma y’urupfu rya Yezu.

Icyo gihe muri Kiliziya Gatolika, habayeho ba Valentin batatu batandukanye bagiye bagirwa Abatagatifu kubera ukwemera kwabo kutajegajega kwatumye bicwa n’ingoma z’igitugu zayoboraga Roma icyo gihe, bahowe Imana.

Abo batatu ni, Valentin wari Padiri w’i Roma, wishwe mu kinyejana cya gatatu azira ukwemera kwe, ashyingurwa i Roma hafi y’inzira yitwa Via Flaminia, hari Valentin wa Terni wari Umwepisikopi wishwe agashyingurwa aho uwa mbere yashyinguwena Valentin wo mu majyaruguru ya Afurika, ariko we amateka ye akaba ataramenyekanye cyane.

Uwitirirwa uriya munsi ni Valentin w’i Roma, bivugwa ko ku ngoma y’umwami Claude Le Cruel, Roma yari mu ntambara, maze uyu mwami afata icyemezo ko nta musirikare uzongera gushaka kugira ngo bakomeze bashyire umutima wabo ku rugamba gusa.

Icyo gihe Valentin we yakomeje gusezeranya abakundanaga rwihishwa, mu bo yasezeranyaga harimo n’abasore b’abasirikare.

Kera kabaye byaje kumenyekana arafungwa. Ku munsi wo kunyongwa we rero hari ku wa 14 Gashyantare, maze yohereza umukobwa wari ufite se wacungaga iyo gereza yari afungiyemo agapapuro kanditseho ngo “biturutse kuri Valentin wawe”,

Bivugwa ko uwo mukobwa Valentin yamwibonagamo. Ni uko Valentin yahindutse igisobanuro cy’urukundo.

Kuva icyo gihe Isi yose yafashe uwo munsi nk’umunsi w’urukundo kuko uwo Valentin yazize kurushyigikira.

Abacuruzi bitabiriye kugurisha impano zijyanye n'umunsi w'abakundana
Abakundana babukereye ku munsi wabahariwe
Abamotari bifashishijwe mu kujyana indabo aho zigomba kujya
Ugeze mu mujyi rwagati ikintu cya mbere ubona ni uko indabo ziri gucicikana yaba mu bazicuruza n'abazishyira abantu
Indabo ntabwo ziri kugenda zonyine ziri kujyana n'izindi mpano ziriho n'amagambo y'urukundo
Abakora akazi ko kujyana ibintu ahantu hatandukanye, babonye icyashara
Impano nyinshi ziba zifunze mu mabara y'umukara n'umutuku
Umunsi w'abakundana ni umwe mu yizihizwa cyane
Ugeze mu Mujyi wa Kigali rwagati, ntihashira iminota utabonye umuntu ufite ururabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages