00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Myugariro wa Kiyovu Sports Nsabimana Aimable yongeye gutera ivi (Amafoto)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 February 2023 saa 09:52
Yasuwe :

Myugariro wa Kiyovu Sports n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Nsabimana Aimable, yateye ivi, asaba umukunzi we uzwi ku izina rya Grace, kuzamubera umugore.

Nsabimana Aimable yateye ivi ku nshuro ya kabiri kuko mbere yari yasabye Issa Leila kumubera umugore ku wa 21 Gashyantare 2021.

Uyu myugariro ajya guterera ivi Issa Leila yatangarije IGIHE ko we n’umukunzi we, bateganyaga kubana ariko nta wamenye aho ibyabo byarangiriye.

Nyuma y’imyaka ibiri inkuru y’urukundo rw’aba bombi ibaye kimomo, Nsabimana yagaragaje ko afite umukunzi mushya, yifuza kuzabana na we mu buzima asigaje ku Isi.

Mu gihe hizihizwa Umunsi w’Abakundana, St Valentin, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14 Gashyantare 2023, Nsabimana Aimable yateye ivi, asaba Grace kumubera umugore.

Uyu musore wahoze ari Kapiteni wa Police FC yasabye umukunzi we kuzamubera umugore na we arabimwemerera, ahita amwambika impeta.

Nsabimana yateye ivi mu gihe hashize igihe gito yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Kiyovu Sports, ari myugariro wayo.

Nsabimana Aimable yanyuze mu makipe y’Igihugu mu byiciro bitandukanye. Ni umwe mu bakinnyi 30 bari bagize Amavubi yakinnye Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo, CHAN 2020, yabereye muri Cameroun.

Uyu mukinnyi yatangiriye gukina muri SEC Academy akiri muto, ajya muri Marines FC, yayivuyemo yerekeza muri APR FC mbere yo kwerekeza muri Minerva Punjab FC yo mu Buhinde. Yanakiniye amakipe arimo Police FC yanabereye kapiteni.

Nsabimana Aimable yateye ivi, asaba umukunzi we kwemera kumubera umugore
Yahise amwemerera, amwambika impeta
Wari umunsi w'akanyamuneza kuri aba bombi bashimangiye gutangira urugendo rwo kunga ubumwe
Nsabimana Aimable yasabye Grace kuzamubera umugore bazabana akaramata
Nsabimana Aimable yambitse Grace impeta y'urudashira
Nsabimana Aimable na Grace bari mu munyenga w'urukundo
Inshuti z'aba bombi zashyigikiye intambwe bateye mu rugendo rw'urukundo
Nsabimana Aimable n'umukunzi we bemeranyije kubana akaramata
Byari umunezero kuri Grace wari wambitswe impeta, akemera kuba umugore wa Nsabimana Aimable ukinira Kiyovu Sports
Grace yemeye kubana na Nsabimana Aimable akaramata

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages