Mu kiganiro yahaye IGIHE ubwo yari ageze mu Mujyi wa Toronto muri Canada, yavuze ko yishimiye kuba asanze umugore we, ahamya ko kwihanganira kuba kure ye byari bigoye.
Ati “Imana ishimwe ko mbishoboye, kuba kure y’umugore wanjye byari bigoye.”
Uyu munyamakuru wahagurutse i Kigali ku wa 15 Ugushyingo 2023, yabanje guca i Toronto mbere y’uko akomereza muri Ottawa aho umugore we asanzwe atuye ari naho bagomba kuba.
Murenzi Emmanuel wamamaye nka Emmalito, azwi cyane mu bitangazamakuru binyuranye kuko yakoze kuri Royal TV, aza kwimukira kuri Royal FM mbere y’uko yerekeza ku Isibo TV aho yakoraga ikiganiro cyitwa Chapa Chapa.
Muri Kanama uyu mwaka Emmalito yarushinze na Umwali Liliane.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!