00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Usengimana Danny yasanze umugore we muri Canada (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 30 July 2023 saa 06:00
Yasuwe :

Usengimana Danny wakiniye APR FC, Police FC n’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yagiye muri Canada aho agiye kubana n’umugore we, Nyangabire Francine.

Usengimana nta kipe yari afite nyuma yo gusoza amasezerano muri Police FC yari amaze imyaka ibiri asubiyemo nyuma yo kuva muri APR FC.

Uyu mukinnyi w’imyaka 28, yaherukaga mu Bubiligi aho byavugwaga ko ashobora gukina mu gihe yaba ahabonye ikipe.

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 29 Nyakanga 2023, Usengimana Danny yahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, yerekeza muri Canada aho agiye kubana n’umufasha we, Nyangabire Francine.

Usengimana na Nyangabire bakoze ubukwe mu Ukuboza 2020 ndetse nyuma ya Shampiyona Nyafurika ihuza abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2021) yabaye muri Mutarama 2022, byavugwaga ko uyu mukinnyi ashobora gusanga umufasha we muri Canada, ariko arabihakana.

Amakuru avuga ko Usengimana ashobora gukomeza gukina mu gihe yabona ikipe muri Canada.

Uyu mukinnyi yatangiriye umupira w’amaguru mu makipe y’abato ya Gasabo United na SEC Academy. Mu mwaka w’imikino wa 2014/15 yagiye mu Isonga FC, ayikinira umwaka umwe, aho yigaragaje ahita agurwa na Police FC.

Usengimana yahiriwe n’umwaka wa mbere w’imikino aba umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona ya 2015/16 ndetse no muri shampiyona ya 2016/17.

Nyuma yo kugira ibihe byiza muri Police FC, uyu rutahizamu wari waratangiye guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu guhera muri CHAN 2016, yabengutswe na Singida United yo muri Tanzania, ayikinira umwaka umwe.

Muri Kanama 2018, Usengimana Danny yerekeje muri Tersana Sporting Club yo mu Misiri, ariko ntiyahatinze kuko muri Gashyantare 2019 yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa APR F yakiniye kugeza mu mpeshyi ya 2021 ubwo yasubiraga muri Police FC yakiniye imyaka ibiri.

Usengimana Danny yerekeje muri Canada ku wa Gatandatu
Umunyamakuru Imani Rabbin Isaac ni umwe mu baherekeje Usengimana Danny ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali i Kanombe
Inshuti n'abo mu muryango baherekeje Danny Usengimana
Usengimana agiye kubana n'umufasha we, Nyangabire Francine, we wabaga muri Canada
Usengimana na Nyangabire basezeranye mu Ukuboza 2020

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages