Ni ikigo cyatangiye mu 2005. Kirimo ibikoresho bitandukanye byakwifashishwa mu gufasha abana n’abantu bakuru nk’ibitabo n’ibindi.
Iki kigo gifasha abana bato kwisanga vuba mu mashuri yo muri Canada ababyeyi babo kwisanga muri iki gihugu mu gihe bimukiyeyo. Magingo aya iki kigo kimaze gufasha abo mu bihugu birenga 70 byo ku Isi.
Mukarugwiza yabwiye BBC ko mu myaka 20 amaze ashinze iki kigo, yahawe ibihembo birenga 10 kubera ibikorwa by’indashyikirwa yakoze.
Ati “Twabiboneyemo ibihembo kubera Guverinoma yabonye ibikorwa dukora byiza mu bihembo birenga 10 twabonye harimo icyemezo cyazanye n’umudali tubihawe n’umwamikazi Elizabeth II kubera iki? Kubera ibikorwa tugeza ku baturage byo kugira ngo na bo bagire aho bigeza kandi kandi bashobore kuba muri iyi sosiyete yabakiriye”
Uyu mugore kandi aherutse guhembwa nk’umwe mu Banyarwanda bigisha indangagaciro nyarwanda.
Ati “Hari n’igikombe nahawe na RCA-Abanyarwanda baba i Montreal kubera ko nimakaza umuco nyarwanda. Gute? Mu kuwushishikariza no gufasha urubyiruko kugira ngo rwige umuco nyarwanda, kuvuga Ikinyarwanda, kugumana indangagaciro nyarwanda, kuririmba, gukunda igihugu, guhamiriza, gufashanya, kukivuga hanze aho duca hose, kurwubaka hano.”
Mukarugwiza amaze guhabwa ibihembo 12 kubera ibikorwa bitandukanye yakoze bigamije gufasha abantu bo mu bihugu bitandukanye kwisanga muri Canada.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!