00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruth akabije inzozi zo kuba rwiyemezamirimo nyuma yo gutombora miliyoni eshatu

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 3 December 2015 saa 01:44
Yasuwe :

Ruth Ndacyayisenga w’imyaka 17 ni we wabaye umunyahirwe wegukanye miliyoni eshatu muri tombola ya Tigo, akaba avuga ko inzozi ze zibaye impamo kuko yahoraga arota kuzaba rwiyemezamirimo ukomeye binyuze mu masomo yiga ajyanye n’amateka, ubukungu n’ubumenyi bw’Isi.

Ndacyayisenga, ni umuhererezi mu bavandimwe batandatu, akaba yiga amashuri yisumbuye mu ishami ry’amateka, ubukungu n’ubumenyi bw’Isi. Kuri uyu wa 2 Ukuboza 2015 ni bwo uyu mwangavu utuye mu karere ka Rusizi, Umurenge wa Bugarama yasekewe n’amahirwe nyuma yo kudacika intege agakomeza kugerageza amahirwe muri tombola ya Tigo, maze yegukana miliyoni eshatu.

Avuga ko aya mafaranga agiye kumufasha gushyira mu bikorwa imishinga yahoraga arota izamushyira mu rwego rwa ba rwiyemezamirimo bakomeye mu gihugu.

Uretse aya mafaranga, Tigo yageneye Ruth Ndacyayisenga ibindi bihembo birimo inka, kumwishyurira amafaranga y’ishuri ndeste n’abavandimwe be mu gihe gisigaye ngo barangize amashuri yisumbuye n’izindi mpano zitandukanye.

Aganira n’itangazamakuru, Ruth Ndacyayisenga yavuze ko yasazwe n’umunezero ubwo bamuhamagaye bamubwira ko yatsinze.

Ati “Igihe umuntu wo muri Tigo yampagaraga amenyesha inkuru nziza, narabyishimiye rwose. Nahisemo Tigo kuko nari nkeneye kugira agaciro nyako ku mafaranga ynajye”.

Tongai Maramba, umuyobozi mukuru wa Tigo Rwanda, mu izina ry’ikipe yose bakorana ashimira abakiriya ba Tigo icyizere n’imikoranire myiza bafitanye.

Ati”Tunejejwe kandi ducishijwe bugufi n’icyizere Abanyarwanda mwatugiriye mu myaka itandatu ishize. Ibikorwa tugezeho uyu munsi birahamya ubushake dufite mu guha serivisi nziza abanyamuryango bacu."

Maramba yongeraho ko bubatse ibikorwa binyuranye uhereye ku biciciritse ukageza ku bihambaye nka serivisi yo kwishyura amafaranga ukoresheje ubutumwa bugufi, serivisi ya 2G kugeza 4G, internet yuhuta ndetse n’uburyo bwo kwizigamira mu buryo bw’ikoranabuhanga binyuze muri Tigo Sugira.

Mu bandi bayobozi bakuru bashima ibyo Tigo yagezeho harimo Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana.

Mu minsi ya vuba ni bwo Tigo yatangije intero igira iti “Live it, Love it“, intero itanga igisobanuro cy’ubushake bwo gukomeza guhanga udushya no gukomeza kuba ikigo cya mbere gikunzwe mu Rwanda gitanga serivisi y’ikoranabuhanga mu itumanaho no gutuma abafatabuguzi bacyo bishimira serivisi bahabwa.

Ubuyozi bwa Tigo, Ruth Ndacyayisenga n'ababyeyi be byari umunezero kuri uwo munsi
Ruth Ndacyayisenga agaragiwe n'ababyeyi be
Umunyamabanga, Henry Bwene, ababyeyi ba Ruth n'umuyobozi mu kuru wa Tigo Rwanda, Tongai Maramba
Umuyobozi mukuru wa Tigo, Tongai Maramba avuagana n'imbaga y'abaturage ba mu Murenge wa Rwimbogo
Imbaga y'abaturage yarasusurukijwe karahava

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages