00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto 40 y’indobanure y’inkumi zitabiriye umukino APR FC yatsinzemo Kiyovu Sports

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 16 May 2023 saa 12:21
Yasuwe :

Mu mpera z’icyumweru gishize byari ibicika kuri Kigali Pelé Stadium mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’Igikombe cy’Amahoro APR FC yasezereyemo Kiyovu Sports iyitsinze ibitego 3-2 mikino yombi.

Gutsinda kwa APR FC byayifashije kugera ku mukino wa nyuma uzaba ku wa 3 Kamena 2023, aho izahura na Rayon Sports kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Uyu mukino witabiriwe n’abantu b’ingeri zose dore ko wari wahuje amwe mu makipe ahagaze neza mu mupira w’amaguru mu Rwanda.

Si kenshi uzabona ab’igitsina gore kitabiriye umukino w’umupira w’amaguru mu Rwanda ku rwego nk’urwo byariho ku wa Kiyovu Sports na APR FC.

Aya ni amwe mu mafoto twashoboye gukusanya agaragaza inkumi z’ikimero zitabiriye uyu mukino.

Yaserutse mu mabara y'Ikipe ya Kiyovu Sports
Yaserukanye umwambaro wa Manchester United
Yaserukanye amabara y'icyatsi aranga Ikipe ya Kiyovu Sports
Yanyuzagamo agatanga amakuru y'uko ku kibuga byifashe
Kubera izuba ryinshi yari yitwaje amadarubindi yabugenewe
Yakurikiranaga umukino afite akanyamuneza
Ibyishimo byari byose ku bafana ba APR FC
Isimbi Christelle, Umunyamakuru wa Fine FM na Isibo TV, ari mu barebye uyu mukino
Abafana ba Kiyovu Sports bagiye gusoza umukino bihebye
Abakurikiye umukino bagaragazaga akanyamuneza
Abafana ba Kiyovu Sports bari baserutse biteguye gushyigikira ikipe yabo ari benshi
Abafana ba APR FC bacinyaga akadiho

Amafoto: Ntare Julius

Video: Igena Sage


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages