Iyi ntambara yatangiye mu 2011 ubwo habaga ubwiyongere bw’imitwe y’abiyahuzi ivuga ko igendera ku mahame y’isini ya Islam, yarwanyije ubutegetsi bwa Perezida Bashar al-Assad wari waratowe, mu 2000, maze ubutegesti bwe bukanga kumvikana n’abo bwise ibyihebe.
Abo barwanyi bakomeje kwiyegeranya bashinga imitwe y’abarwanyi inyuranye irimo n’uwitwa, Free Syrian Army (FSA) waje gufashwa na Turikiya maze bigarurira uduce tunyuranye twiganjemo utwo mu Majyepfo y’icyo gihugu n’aka Aleppo karanzwemo imirwano ikomeye kuva mu 2012, kugeza mu 2016, igahitana benshi ndetse n’abaturage batari bake bahunga igihugu bamwe bakirwa n’ibihugu by’i Burayi birimo u Budage bwakiriye impunzi zirenga miliyoni ziganjemo abo muri iki gihugu.
Imiryango mpuzamahanga yashinje impande zihanganye muri Syria, kubangamira uburenganzira bwa muntu bivanze n’ubwicanyi bukabije n’ubuhunzi ku baturage, byatumye hatangizwa ibiganiro by’amahoro by’i Genève ( Geneva Syria peace talks) byaje guhagarikwa nyuma y’iminsi ibiri, byari bigamije gushakira umuti izi ntambara, gusa imirwano iracyakomeje.
Kugeza ubu abashinzwe uburenganzira bwa muntu bagaragaza ko hafi ibihumbi 100 by’abanya-Syria baburiye ubuzima muri iyi mirwano mu gihe abarenga miliyoni 7 bahunze igihugu.



















TANGA IGITEKEREZO