Ni umuhango wabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi aharuhukiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi irenga ibihumbi 250.
Kuri uwo munsi Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, Dr Jean Damascene Bizimana, yavuze ko ingengabitekerezo ya Jenoside yagejejwe mu Rwanda mu gihe cy’Abakoloni aho babigaragaje mu 1922 ubwo bandikaga mu ndangamuntu amoko: Hutu, Tutsi, Twa.
Dr Jean Damascene Bizimana yashimye ibihugu bikomeje kugira uruhare mu kugeza mu butabera abasize bahekuye u Rwanda, aho yacyeje by’umwihariko u Budage kuba buherutse gukatira Ignace Murwanashyaka na Straton Musoni.
Amafoto: Village Urugwiro



















TANGA IGITEKEREZO