Aka Karere kari mu birometero nka 15 uvuye mu Mujyi wa Kigali kakagira Imirenge 15 irimo itatu ifatwa nk’igize igice cy’Umujyi.
Iyo mirenge irimo Ntarama urasukiramo ugisohoka mu wa Gahanga w’Akarere ka Kicukiro ku ruhande rw’Umujyi wa Kigali. Ntarama yaganwe na benshi bashaka aho gutura no gushora imari kandi n’ubu ni ko bikimeze nubwo ubutaka bwaho bwihagazeho.
Umwe mu baganiriye na IGIHE utuye mu Kagari ka Kibungo ubona ko kitaruye umuhanda wa kaburimbo, yavuze ko nubwo ku bigaragara hataratera imbere, ikibanza cyaho cyo guturamo gishobora kugeza kuri miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Byumvikana ko mu bice byo hafi ya kaburimbo hahenze kurushaho dore ko hari n’ahagenewe ibikorwa by’inganda.
Umurenge wa Ntarama uhana imbibi n’uwa Nyamata na wo w’Umujyi ukaba ari na wo urimo ibikorwa byinshi by’ubucuruzi, Ibitaro bya Nyamata, Ibigo by’Imari, aho abagenzi bategera imodoka, isoko n’ibindi. Ni na wo wubatsemo ibiro by’akarere.
Undi murenge w’umujyi ni Mayange nubwo ufite ubuso bunini budatuwe bwiganjemo ibikorwa by’ubuhinzi ndetse hakaba hakenewe abashoramari bo muri urwo rwego.
Mu mishinga minini iri gukorerwa mu Karere ka Bugesera ku isonga harimo Ikibuga mpuzamahanga cy’ingede giherereye mu Murenge wa Rilima. Nubwo kiri kure y’ibice by’Umujyi, ni igikorwaremezo cyagize uruhare mu kureshya benshi batuye cyangwa bakorera mu Karere ka Bugesera.
Mu batuye Akarere ka Bugesera benshi batuye mu midugudu aho ibikorwaremezo bibageraho mu buryo bworoshye. Igice kinini cy’abaturage ni icy’abatuzwe n’ubuhinzi n’ubworozi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!