Muri iyi nama Perezida Kagame yagejeje ijambo ku bayitabiriye ari kumwe na Perezida, Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe, Perezida Hakainde Hichilema wa Zambia, Perezida Lazarus Chakwera wa Malawi n’Umwami Mswati III wa Eswatini.
Perezida Kagame yavuze ko umuyoboro mugari wa interineti wakwirakwijwe hirya no hino mu buryo bwihuse, ariko 60% by’Abanyafurika bashobora kugera kuri uwo muyoboro mugari wa interineti batawukoresha kubera ko batawufiteho amakuru ahagije.
Ati "Buri wese akwiye kugera ku muyoboro mugari wa interineti uhendutse, kandi akaba afite igikoresho cy’ikoranabuhanga. Uyu muyoboro mugari wa interineti wakwirakwijwe hirya no hino mu buryo bwihuse, ariko abarenga 60% bagera kuri uwo muyoboro ntabwo bawukoresha. Tugomba gukomeza kugabanya icyo cyuho."
"Igice cya kabiri kirimo ihurizo rinini, ni ubumenyi ku ikoranabuhanga. Imwe mu mpamvu ituma abanyafurika badakoresha interineti uko bikwiye ni uko batarisanzura kuri iryo koranabuhanga cyangwa se iri koranabuhanga rikaba riri mu rurimi batumva. Tugomba gukoresha ikoranabuhanga ry’abantu ku giti cyabo n’abari mu bucuruzi mu buryo bwambukiranya imipaka hakoreshwa iryo koranabuhanga mu rwego rwo kugabanya inzitizi mu bucuruzi. Ibi byose twabigeraho kuko biri mu bushobozi bwacu."
Iyi nama yitabiriwe n’abaminisitiri bagera kuri 40, abakuriye imiryango mpuzamahanga, abadipolomate, abayobozi b’ibigo n’inganda bitandukanye n’abandi baturutse mu bihugu birenga 70.
Amafoto: Village Urugwiro



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!