00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu mafoto: Imodoka ya RITCO yahiye irakongoka

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 30 April 2023 saa 01:22
Yasuwe :

Saa 17:40’ kuri uyu wa Gatandatu nibwo imodoka ya Sosiyete itwara abantu, RITCO, ifite ibirango RAD 262K yari iturutse i Nyabugogo mu mujyi wa Kigali yerekeza mu Karere ka Ngororero, yafashwe n’inkongi, ariko abagenzi 57 bari bayirimo bakarokoka.

Iyi modoka yahiye igeze mu kagari ka Buhoro mu Murenge wa Musambira, aho bita ku Kigabiro mu Karere ka Kamonyi.

Umushoferi wayo Murego Fulgence umaze amezi abiri n’igice atwara imodoka za RITCO, yavuze ko iyi imodoka yahagurutse i Nyabugogo nta kibazo ifite, ageze i Musambira yumva ipine ry’inyuma riraturitse, asohotse asanga ryatangiye gucumba umwotsi.

Murego yanyarukiye mu gasanteri kari aho hafi y’umuhanda ajya gushaka amata na Coca Cola byo kumena kuri rya pine, ariko biba iby’ubusa umuriro utangira kwaka.

Yabwiye abagenzi 57 bari mu modoka gusohokanamo n’imizigo yabo, kuko abona ko umuriro ushobora kwiyongera igihe icyo ari cyo cyose.

Ni nako na we yabafashaga gukura imizigo mu modoka kuko yabonaga ko uretse guhiramo, ishobora no kongera ubukana bw’iyi nkongi.

Abaturage bari hafi yaho iyi mpanuka yabereye n’abandi bari muri iyi modoka bagerageje kuzimya uyu umuriro ariko biba iby’ubusa irashya irakongoka.

Ubwo igice cy’inyuma cyari gitangiye gucumba umwotsi, Murego yagiye mu muhanda atangira guhagarika imodoka ngo arebe nibura ko hari uwamutiza kizimyamwoto yakunganira iye yari yananiwe, gusa kubw’amahirwe macye ntayo yaje kubona.

Imodoka yakomeje gushya ihereye inyuma, Murego ahamagara Polisi ayimenyesha ibiri kumubaho, asaba ubufasha.

Igihe Polisi yahageraga, yahagaritse imodoka impande zombi kugira ngo idatera impanuka.

Saa 18:50, ubwo umuriro wari umaze gufata igice cy’imbere cy’iyi modoka, amapine y’imbere yari akiri mazima kuko umuriro utari wakageze ku gice cyo hasi.

Gusa haburaga iminota micye cyane ngo yose ikongoke, ari nako abazimya inkongi berekezaga i Kigabiro.

Saa moya n’iminota 10 nibwo abashinzwe kuzimya inkongi y’umuriro bageze i Kigabiro aho imodoka yari iri guhira, baturutse Kacyiru mu mujyi wa Kigali. Yose yari imaze gufatwa, na ya mapine y’imbere ari gushya.

Mu gihe cy’iminota 32 bayizimije yose n’ubwo nta cyabashije kurokoka cyashumbusha ibyayitanzweho.

Saa 19:50 nibwo Polisi y’Igihugu yarekuye imodoka zari nyinshi zikomeza ingendo nk’ibisanzwe.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo, CIP Emmanuel Habiyaremye, yatangarije IGIHE ko icyateye inkongi y’umuriro kugeza ubu kitaramenyekana, ndetse nta muntu waguye muri iyi mpanuka.

Ati "Ku bw’amahirwe nta muntu wayikomerekeyemo cyangwa ngo ayigwemo, ndetse nta mizigo yabo yahatikiriye. Polisi yahageze igerageza kuzimya imodoka, kugeza ubu dutegereje iperereza ngo tumenye neza icyaba cyateye iyi nkongi."

Imodoka ya RITCO yahiye irakongoka gusa abagenzi bose nta wagiriyemo ikibazo
Umuriro wari mwinshi cyane uturuka mu mpande zose z'imodoka
Igice cy'imbere nicyo cyafashwe nyuma y'ibindi byose
Ibirimi by'umuriro byasohokaga hanze y'imodoka bifite ubukana bwinshi
Imbere mu modoka intebe zose zabaye umuyonga
Umuriro n'umwotsi byazamukaga mu kirere ari byinshi
Abantu bigijweyo na Polisi y'Igihugu bafataga amafoto n'amashusho y'ibiri kuba
Abaturage batuye muri aka gace baguye mu kantu babona iyi imodoka iri gushya
Igice cy'inyuma y'iyi modoka nicyo cyatangiye gushya mbere y'ibindi kuko ari cyo cyari kirimo ipine yayikongeje
Polisi y'Igihugu yagerageje kwigizayo abantu ngo hatagira ugira ikibzo ari nako itabariza abashinzwe kuzimya inkongi
Abashinzwe kuzimya inkongi bavuye mu mujyi wa Kigali bageze i Musambira aho iyi modoka yahiriye saa Saa 19;10
Batangiye kuyimenaho amazi menshi bari kuyizimya
Bahereye ku gice cy'inyuma
Ubwo abashinzwe kuzimya inkongi batangiraga kuzimya igice cy'imbere amapine y'aho yari akiri mazima
Abazimya inkongi, Polisi n’abanyamakuru bari bari hafi bakurikirana uko iki gikorwa kiri kugenda
Umwotsi mwinshi wavaga muri iyi modoka uzamuka mu kirere cya Musambira
Nyuma gato yo gutangira kuzimya igice cy'imbere amapine y'aho yari yashyushye cyane yahise aturika ashiramo umwuka
Iyi modoka yangiritse cyane
Ubutabazi bwakozwe n'ubwo bwaje butinze bukaramira bike
Abazimyaga byabasabye kuvuna inzugi z'icyumba bashyiramo imizigo bazifungure kugira ngo babashe kumenamo amazi
Bamennye amazi menshi muri izi nzugi zari zirangaye kugira ngo abashe kugeramo neza
Byasabaga kwigengesera kugira ngo amazi ahagere hose
Saa 19:50 nibwo Polisi yarekuye imodoka nyuma y'uko imodoka izimye

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages