Iki gikorwa cyabaye ku wa 31 Ukwakira 2025, cyateguwe n’ihuriro ry’abakora mu ruhererekane nyongeragaciro rw’ibiti n’ibibikomokaho mu Rwanda (RWVCA), bafatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Tekinike, Imyuga n’ubumenyingiro, RTB, ndetse n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, PSF.
Mu bahawe izi mpamyabushobozi, harimo abagore 73, mu gihe abagabo ari 327, bose bakaba barahuguwe mu byiciro bine birimo gukoresha imashini, gukora intebe z’imifariso, gusena no gusiga vernis ndetse no guteranya imbaho.
Umuyobozi wa RWVCA, Hadji Abdul Karemera, yabwiye IGIHE ko aya mahugurwa azafasha ababaji kwigirira icyizere ndetse no kunoza imirimo yabo.
Yagize ati “Tubahaye impamyabushobozi y’ibyo basanzwe bakora, ibyo rero bizatuma bigirira icyizere kuko bafite igihamya cy’ibyo bize, hanyuma bazarushaho kunoza imirimo yabo kuko mu byo bigishijwe harimo no kumenya ibikenewe ku isoko.”
Itakubaho Kenny wahize abandi mu cyiciro cyo gukoresha imashini, mu bwishimo byinshi,yavuze ko impamyabushobozi yahawe ije guhamya umwuga we, ndetse yizeye ko bizagura imikorere ye.
Ati “Ndishimye cyane kuko iyi mpamyabumenyi nahawe ije guhamya ibyo nkora. Niba umukiliya asabye icyerekana ko ibyo nkora mbizi, icyo gihe nzatsindira isoko kurusha wa wundi udafite impamyabumenyi.”
Ayinkamiye Asma Anna yagaragaje imbamutima ze nyuma yo guhembwa mu bitwaye neza mu cyiciro cyo gusena no gusiga Vernis, avuga ko nk’umugore, aya ari amahirwe abonye yo kwerekana ko na bo bashoboye.
Ati “Nabonye hari bagenzi banjye bakora uyu mwuga kandi bitunze, bituma ngira ishyaka n’icyizere cy’uko nanjye nabikora, bityo mpitamo kugana uyu mwuga aho kunyura izindi nzira mbi, kuko n’abagore ubwo bushobozi turabufite.”
Umuyobozi muri RTB ushinzwe gufasha urubyiruko kwiga imyuga no kubona imirimo, Renzaho Jean Damascène, yavuze ko aya mahugurwa aje kongera ubunyamwuga mu byo bakora binajyanye n’icyerekezo cy’igihugu cya 2050, aho u Rwanda ruzaba rufite ubukungu buhamye bushingiye ku bumenyi bw’abarutuye.
Ati “Iyi ni gahunda igihugu gishyize imbere cyane, kuko usanga abantu baragiye biga imyuga mu buryo bwo kwirwanaho. Ibi rero bizafasha abakora imyuga n’ubumenyingiro kwagura ubumenyi mu myuga yabo ndetse binagabanye ingano y’ibyo dutumiza hanze, ayo mafaranga akoreshwe mu iterambere ry’igihugu.”
Byari ku nshuro ya mbere iki gikorwa kibereye mu Rwanda, aho ababaji bahuguriwe ku dukiriro tubiri; aka Rwamagana na Nyamata. RWVCA iteganya ko iyi gahunda izajya iba buri mwaka, aho ababaji bazajya bahabwa amahugurwa ku buntu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!