Iyo ndwara yatangiye ari agaheri gato kaje gukura karaturika, kagenda gakongeza umubiri wose. Bigitangira yavuriwe ku Kigo Nderabuzima cya Bungwe mu Karere ka Burera, kiza kumwohereza kwivuriza ku Bitaro bya Byumba.
Ntabasha guhaguruka ku buriri aryamyeho kubera ko umubiri wose wabaye ibisebe.
Kumuvuza byateje ingaruka z’ubukene bukabije ku muryango we ariko aho bigeze ababyeyi be batangiye kumutabariza.
Ndayambaje Alexandre, umubyeyi w’uyu mwana, yavuze ko yagerageje gukora ibishoboka ngo avuzwe kugeza ubwo ubushobozi bumushiranye, yaba ubwo kugura imiti no kumugaburira.
Yagize ati “Umwana yatangiye kurwara afite imyaka 2,5; kuva ubwo natangiye kumuvuza ku Kigo Nderabuzima cya Bungwe nabo banyohereza ku Bitaro bya Byumba, banyohereza mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali nabo bangarura hano mu Bitaro bya Byumba, kugeza ubu afite imyaka 13.”
“Nta kandi kazi ngira usibye guhinga no kubaka kandi na byo ntabwo nabyize. Nagerageje gushaka amafaranga ariko yose yaranshiranye kugeza ubwo ntabyo kumugaburira mfite. Kugura imiti idatangirwa kwa muganga na byo ni ikibazo! Ubu n’abana basigaye mu rugo bahagaritse kwiga kubera kubura ubushobozi.”
Abaganga bakurikirana ubuzima bw’uyu mwana bavuze ko hari imiti yamufashaga, ikibazo kikaba ari ubushobozi buke bw’ababyeyi be.
Hakizimana Eric ati “Amaze imyaka irenga icumi yivuza indwara y’uruhu yitwa ’Pyoderma gangrenosum’. Ni indwara ikunda gufata abana b’abakobwa bafite imyaka hagati y’itatu n’itanu.”
“Umuryango we ubona ko wakennye kubera ubushobozi bwo kugura imiti no kumupfukisha ibisebe. Akenera n’imiti igabanya uburibwe bw’umubiri. Hari abo dufasha kwivuza ariko hari imiti isabwa kugurirwa hanze y’ibitaro.”
Umuryango wa Izere Desiberate usanzwe utuye mu Karere ka Burera, Umurenge wa Bungwe Akagari ka Tumba mu Mudugudu wa Tumba ariko ukaba urwarije i Gicumbi.
Uwacyenera kubafasha yacisha kuri nimero ya telefone: 0785212306 na 0737333812 zanditse kuri Ndayambaje Alexandre akaba ari umubyeyi w’uyu mwana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!