Ibi yabitangarije mu nkambi ya Mugombwa mu karere ka Gisagara tariki ya 20 Kamena 2024 mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe impunzi.
Minisitiri Murasira wakomozaga ku banenga gahunda y’u Bwongereza yo kohereza abimukira mu Rwanda bavuga ko u Rwanda rudatekanye, avuga ko impunzi zirubamo ari zo zarubera umuhamya w’ukuri.
Ati ”Mwagiye mukurikirana amakuru bavuga ko u Rwanda ari igihugu kidafite umutekano, bityo ko tutafata neza impunzi zivuye mu Bwongereza, ariko ibyo byose birazwi ko ikintu cyitwa umutekano mu Rwanda, ikintu cyitwa ubuntu mu kwakira abatugana, ibyo byose birazwi namwe mwatubera abahamya.’’
Minisitiri Murasira yakomeje asobanura ko u Rwanda ari igihugu giha impunzi zose agaciro mu nzego zose zirimo uburezi, ubuvuzi n’ubucuruzi kugira ngo ziteze imbere.
Yagarutse ku mishinga itandukanye irimo uwa Jyambere ufite agaciro ka miliyari hafi 100 Frw zigamije gufasha iterambere ry’impunzi, akomeza anavuga ko ibyo bikorwa bizakomeza.
Umuyobozi w’akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome, yavuze ko hari ibikorwa byinshi byakozwe bihuza impunzi n’Abanyarwanda, agaragaza ko bishimangira umubano mwiza uri hagati y’impande zombi.
Yagize ati ”Turishimira ko hari byinshi tumaze kugeraho dufatanyije n’impunzi. Ntabwo twabasize inyuma haba mu buhinzi, ubucuruzi n’ubworozi kuko ubu hari amashuri dusangiye, amasoko n’ibindi twese bidufasha kwiteza imbere.’’
Yakomeje ati “Twihurije hamwe mu gishanga cya Misizi duhingamo. Dufite ishuri rya GS Mugombwa ririmo 43% by’abaturage na 57% by’impunzi, bose bigamo. Iki ni ikimenyetso ko turi kumwe cyane."
Rwagasore Aime, umuyobozi w’impunzi zo mu nkambi ya Mugombwa yavuze ko bashima cyane ibyo bakorerwa n’u Rwanda, kandi ko bakiriwe neza mu gihugu, bitabwaho nk’abenegihugu mu buryo bwose, haba mu mutekano, guhabwa amashuri n’ibikorwa byo kwigira.
Yagize ati “Ibyo mwadukoreye byose mu buryo bwo kwigira no kwiteza imbere, ni ukuri muri ababyeyi.’’
Mu Rwanda habarurwa impunzi 135.809 zirimo Abanye-Congo 83.952 (61,82%), Abarundi 51033 (37,58 %). Zirimo Abanye-Congo 15.145 iki gihugu cyakiriye kuva mu Ugushyingo 2022, bitewe n’intambara iri kubera mu burasirazuba bwa RDC.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!