Umuyobozi w’Ikigo giteza imbere ubuhinzi mu Karere, Kilimo Trust, avuga ko abahinzi bakwiriye gushyira hamwe kugirango hashyirwe mu bikorwa ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Ati “Dukwiye gukorera hamwe tugafatanya kugira ngo duhindure ibintu, twemere kandi dushyire mu bikorwa ingamba zigendanye no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe. Icyo gihe ubuhinzi bwacu buzarushaho kwihanganira imihindagurikire y’ikirere.”
Bamwe mu rubyiruko rwafashijwe na Kilimo Trust kuzamura ibikorwa byabo by’ubuhinzi, bavuga ko yabafashije kubona ubumenyi, kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi no kubona umusaruro w’ibyo bakora.
Musengimana Joseph uri mu bafashijwe yabwiye RBA ko Kilimo Trust yabahaye amahugurwa, imbuto yo gutera, kubashakira isoko ry’umusaruro wabo no kubahuza n’abaguzi batandukanye.
At “Baduha amahugurwa n’imbuto zo gutera, bakatuba hafi cyane nko kuduhuza abaguzi b’umusaruro wacu, mbese bakadushakira isoko.”
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Eric Rwigamba, avuga ko urugendo rukiri rurerure, ariko hagiye gushyirwa imbaraga mu bushakashatsi kugira ngo ubuhinzi bwaguke.
Ati “Ibijyanye n’ubushakashatsi turacyafite urugendo rurerure tugomba gushyiramo imbaraga nyinshi, tukubaka urwo rwego kugira ngo tubone imbuto n’icyororo, tubyagure bigere ku bahinzi benshi.”
Rwigamba yongeyeho ko batazafasha abahinzi kuzamura umusaruro wabo gusa, ahubwo ko n’umusaruro w’igihugu uziyongera.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!