00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Buholandi bwaburiye abaturage babwo batuye i Goma

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 15 February 2024 saa 09:40
Yasuwe :

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Buholandi yasabye abenegihugu bayo bari mu mujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bawuvamo bwangu.

Iyi Minisiteri yasobanuye ko mu gihe mu nkengero z’umujyi wa Sake hamaze iminsi habera imirwano ihanganishije ingabo za Leta ya RDC n’umutwe witwaje intwaro wa M23, hari impungenge z’uko umutekano wa Goma warushaho kuzamba.

Yagaragaje kandi ko imyigaragambyo imaze iminsi ibera mu murwa mukuru wa RDC, Kinshasa, ishobora kugera i Goma, kandi ko iri kwibasira abanyamahanga.

Hashingiwe kuri izi mpamvu, Abaholandi bari mu bindi bice bya RDC basabwe kwigengesera, bakirinda kujya ahantu hahurira abantu benshi.

Nk’uko ikinyamakuru The Netherlands Times cyabisobanuye, ibice byo mu burasirazuba bwa RDC byagaragajwe mu kimenyetso gitukura, bisobanuye ko Abaholandi bagirwa inama yo kutabijyamo, ababirimo na bo bakabivamo.

Abaholandi bakiri mu mujyi wa Goma basabwe kumenyesha inshuti zabo n’abo mu miryango yabo niba batekanye, basabwa kuvugisha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kugira ngo bafashwe gutaha.

U Buholandi butewe impungenge n'umutekano w'i Goma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages