Ni nyuma y’uko abagize izi ngaga babonye ko guta ishuri kw’abana bibagiraho ingaruka zirimo ubuzererezi, ubukene no guterwa inda bakiri bato, bashyize imbaraga mu gushaka no gusubiza mu ishuri abana baritaye bituma babasha gusubiza mu ishuri abana barenga ibihumbi 19 mu ishuri.
Ni bimwe mu byatangarijwe mu Nteko Rusange y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi, yabereye mu Karere ka Karongi, nyuma y’umunsi umwe habereye iy’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uyu muryango.
Ni inteko rusange zibaye mu gihe mu mwaka ushize wa 2025, ubushakashatsi bwagaragaje ko umubare w’abangavu baterwa inda wiyongereye uva kuri 5% mu 2020, ugera kuri 8% mu 2025.
Komiseri ushinzwe iterambere ry’abagore mu Muryango FPR-Inkotanyi, akaba n’Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko, Mureshyankwano Marie Rose yavuze ko ubwo bushakashatsi bwanerekanye ko abangavu batize ari bo baterwa inda kurusha abize.
Ati “Abangavu baterwa inda 23% ni abatarize, 14% ni abarangije amashuri abanza, 4% ni abarangije amashuri yisumbuye. Turasaba urubyiruko ko bashishikariza abana bose kwiga”.
Tuyisenge Verenne yavuze ko mu mpamvu zituma abana bata amashuri harimo amakimbirane yo mu miryango no kubura ibikoresho by’ishuri.
Ati “Hari byinshi byagezweho nk’urubyiruko tugomba gusigasira. Hari amashuri yubatswe. Icyo tugiye gukorwa nk’urubyiruko icya mbere ni ukumenya abo bana batiga tukabafasha gukuraho imbogamizi zituma bava mu mashuri, kugira ngo basubiremo bige batekanye”.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba, Dushimimana Innocent, yavuze ko kuva uyu mwaka w’ingengo y’imaze watangira mu mezi 11 ashize bakoze ibikorwa bitandukanye birimo ubukangurambaga bwo gushishikariza urubyiruko kwizigamira bwatumye abarenga 400 bafungura konti mu bigo by’imari.
Uru rubyiruko kandi rwateye ibiti bivangwa n’imyaka n’ibiti by’imbuto byose hamwe birenga 38.300 mu rwego rwo kurwanya isuri, kubungabunga ibidukikije no kurwanya imirire mibi n’igwingira.
Mu guhangana n’ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abatuye Intara y’Iburengerazuba aba basore n’inkumi bubatse ubwiherero 1.812, banasana inzu 314 z’abatishoboye.
Mu guhangana n’ubuzererezi, basubije mu ishuri abana 2.195 wakongeraho abana 16.872 basubijwe mu ishuri n’Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi bose hamwe bakaba 19.067.
Mu Ntara y’Iburengerazuba habarurwa urubyiruko 754.345 rugizwe n’abari hagati y’imyaka 16 na 30.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!