Ni igikorwa cyabaye ku wa 9 Gicurasi 2026, kibera muri Radisson Hotel i Niamey. Cyitabiriwe n’abantu bagera ku 140 barimo Abanyarwanda, abahagarariye ibihugu byabo muri Niger, abagize Guverinoma, abahagarariye amashami ya Loni n’imiryango mpuzamahanga muri Niger, sosiyete sivile n’inshuti z’u Rwanda.
Guverinoma ya Niger yari ihagarariwe n’Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Souleymane Issakou.
Souleymane Issakou yashimiye umuryango w’Abanyarwanda muri icyo gihugu watanze ubutumire mu kwifatanya igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yagaragaje ko yifatanyije n’Abanyarwanda mu bihe barimo byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi anashima umubano w’ibihugu byombi ukomeje gushinga imizi.
Souleymane kandi yashimye uruhare rw’Inkiko Gacaca mu kurangiza imanza za Jenoside yakorewe Abatutsi mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge n’iterambere igihugu cyagezeho.
Yanashimye kandi ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, yemeza ko abandi banyafurika bakwiye kubwigiraho.
Uwahagarariye Umuyobozi w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye akaba n’Umuyobozi wa FAO, AI Hassan Cissé, yatanze ubutumwa bwa Loni muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Uwera Denise yatanze ubuhamya bw’uko ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byagaragaraga, mbere yayo ku buryo iyo amahanga aza kugira icyo akora, itari kuba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!