Ni ibyo yatangaje nyuma y’urugendo yagiriye mu Rwanda, ku wa Gatanu tariki ya 10 Mata 2026.
Dr. Diaka Sidibé yagaragaje ko mu rugendo rw’akazi yari arimo mu Rwanda yahuye n’Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Ass Prof Muganga Didas Kayihura n’Umuyobozi w’Ishami ry’iyi kaminuza ryigisha iby’Ikoranabuhanga, Gatare Ignace, bagirana ibiganiro.
Ni ibiganiro byibanze ku bufatanye mu burezi hashingiwe ku masezerano ibihugu byombi byagirana agamije guteza imbere imikoranire mu burezi.
Yagaragaje ko Guinée yiteguye kohereza abanyempano mu Kigo cy’Icyitegererezo muri Siyansi n’Ikoranabuhanga kiri muri Kaminuza y’u Rwanda.
Ati “Mu rugendo rwanjye rw’akazi i Kigali, nakiriwe ku wa Gatanu tariki ya 10 Mata 2026, muri Kaminuza y’u Rwanda by’umwihariko Koleji ya Siyansi n’Ikoranabuhanga, mperekejwe na Ambasaderi wa Guinée mu Rwanda, Soumaïla Savané. Uru ruzinduko ni igice cyo gushyira mu bikorwa gahunda ya Simandou Academy, igamije kubakira ubushobozi abanyeshuri bo muri Guinnée, abarimu n’abashakashatsi kubona amahugurwa y’ingenzi bijyanye n’icyerekezo cya Perezida w’igihugu Mamadi Doumbouya.”
Minisitiri Sidibé yagaragaje ko Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Kayihura Muganga Didas yerekanye ko biteguye kwakira Abanya-Guinée baba abanyeshuri, abashakashatsi, abiga mu Cyiciro cya gatatu cya kaminuza muri porogaramu zitandukanye mu gihe haba hasinywe amasezerano y’imikoranire.
Yatangaje kandi ko abanyeshuri n’abarimu bo muri Guinée biteganyijwe ko icyiciro cya mbere kizagera mu Rwanda mu ntangiriro z’umwaka utaha w’amashuri, bakaziga muri Koleji ya Siyansi n’Ikoranabuhanga mu nzego zirimo Siyansi, Ikoranabuhanga, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Isesenguramakuru, Engineering n’ibindi.
U Rwanda na Guinée bifitanye amasezerano y’ubufatanye mu guteza imbere inzego zitandukanye zirimo ikoranabuhanga, ubuhinzi, ishoramari, serivisi, ubukerarugendo, ingufu ndetse n’ubucuruzi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!