Aba bashakashatsi babitangarije mu nama y’iminsi ibiri yabereye i Londres mu Bwongereza kuva tariki ya 12 kugeza tariki 13 Nzeri 2017, mu Ishuri rikuru “King’s College”, yahuje abashakashatsi batandukanye baturutse muri kaminuza zo ku mugabane w’u Burayi no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ku munsi wayo wa mbere, iyi nama yafunguwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Yamina Karitanyi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), Dr. Jean Damascene Bizimana, na we wari witabiriye iyi nama, yabwiye IGIHE ko yasobanuriye abayitabiriye akamaro ko kubika neza ku buryo bw’ikoranabuhanga inyandiko zigaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi no gukangurira abashakshasti kuzifashisha.
Yavuze ko hari intambwe yatewe n’amahanga mu kuburanisha no kohereza abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ko hari ibihugu bikibakingira ikibaba.
Yagize ati “Nanagarageje uko ibihugu by’i Burayi hari Abanyarwanda batari bake bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi bakahahungira, bimwe muri byo bitanga ubutabera, hari ibibohereza mu Rwanda, hari ibibacira imanza ariko hari byinshi bisuzugura ubusabe bw’u Rwanda ntibibohereze harimo nk’igihugu cy’u Bwongereza n’u Bufaransa.”
Yakomeje agira ati “Nerekanye ko ibimenyetso by’inkiko Gacaca, ibyakoreshejwe Arusha ndetse n’ibindi byakoreshejwe ahandi hatandukanye biba bigomba kubikwa neza kugira ngo bizamare imyaka myinshi ishoboka byifashishwa. Abashakashatsi nabo barabyifashisha mu bushakashatsi bwabo no mu masomo batanga no gushishikariza abanyeshuri bigisha kujya gukora ubushakashatsi ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bityo ayo mateka agende ahererekanywa.”
Bizimana avuga ko abo bashakashatsi bahavuye biyemeje kumenyekanisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, cyane cyane bahereye ku banyeshuri bigisha.
Yagize ati “Biyemeje gukomeza gukangurira abanyeshuri kumenya amateka y’icyaha nka Jenoside. Iyo amateka nk’aya habayeho ubukangurambaga muri za Kaminuza, bituma adahama mu tubati gusa two mu nkiko ahubwo anashobora kwinjira mu bumenyi bwigishwa mu mashuri.”
Ibyigiwe muri iyo nama bizakorwamo igitabo cyoherezwe muri kaminuza zitandukanye ku isi.
Muri iyi nama harekanywe urubuga rubitse amakuru kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (www.genocidearchiverwanda.org.rw) rwubatswe na Aegis Trust ku bufatanye na CNLG. Uru rubuga rukaba rwerekana uburyo ikoranabuhanga rishobora kwifashishwa mu gusigasira amateka ndetse no kugera ku makuru yafasha mu guhangana n’abapfobya bakanahakana jenoside.
Leta y’u Rwanda kuva mu mwaka wa 2015 yatangiye umushinga wo kubika inyandiko z’Inkiko Gacaca, bikaba biteganyijwe ko iyo gahunda izasozwa muri Kamena umwaka utaha habitswe inyandiko miliyoni 63.



















TANGA IGITEKEREZO