00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ambasade 30 za Amerika zambuwe ububasha bwo gutanga ‘visa’, iy’i Kigali irabugumana

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 2 June 2026 saa 10:50
Yasuwe :

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika igiye kwambura Ambasade z’iki gihugu mu bihugu bya Afurika bigera kuri 30 ububasha bwo gutanga ‘visa’, iyo serivisi isigare itangwa n’ibihugu 20 zirimo iyo mu Rwanda.

Ibiro ntaramakuru Associated Press byatangaje ko cyabonye inyandiko iteguza izi mpinduka, kandi ko nubwo itariki zizatangira gukurikizwa itaramenyekana, bishobora kutarenga muri Kamena 2026.

Iki cyemezo kiri muri gahunda ya Perezida Donald Trump yo kugabanya abanyamahanga bajya gutura muri Amerika ndetse n’abarenza igihe cyateganyijwe kuri ’visa’ baba barahawe.

Mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Ambasade ya Amerika mu Rwanda, Tanzania, Kenya, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni zo zizajya zitanga ’visa’. Iyo mu Burundi, Somalia na Sudani y’Epfo zigiye gukurwa ku rutonde.

Izindi Ambasade za Amerika zizakomeza gutanga visa ni iyo muri Sénégal, Djibouti, Afurika y’Epfo, Nigeria, Togo, Angola, Guinée Equatorial, Liberia, Ibirwa bya Maurice, Cape Vert na Cameroun.

Amerika iteganya ko mu bihugu bya Afurika bitari ku rutonde, ababituyemo bazajya bakenera ’visa’ bazajya bajya kuzisabira mu biri ku rutonde, gusa bizajya bitwara ikiguzi kinini kirimo icy’urugendo.

Ambasade zitazajya zitanga visa zisanzwe, zemerewe gukomeza gutanga serivisi zirimo kuvugurura pasiporo z’Abanyamerika, kwakira abafite ibibazo byihutirwa no kwakira abifuza gusaba visa zagenewe abadipolomate.

Ambasade ya Amerika mu Rwanda izakomeza gutanga 'visa'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages