00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amasezerano ntacyo avuze niba Minembwe na Masisi hakomeje kuraswa-Abanyamulenge bariye karungu

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 21 April 2026 saa 11:13
Yasuwe :

Abanyamulenge baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakoze imyigaragambyo yo mu mahoro, igamije gusaba iki gihugu gushyira imbaraga mu gukemura no kurangiza ikibazo cy’ubwicanyi bukomeza gukorerwa bagenzi babo bari mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi bikozwe n’ubutegetsi.

Ni imyigaragambyo yabaye ku wa 20 Mata 2026, itangirira ku Biro bya Perezida wa Amerika White House, ikomereza ku nyubako ikoreramo Ubunyamabanga bwa Amerika bushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Ambasade ya RDC i Washington, isorezwa kuri Capitol.

Muri ibyo bice byose abanyamulenge bageragamo, bahagararaga hanze y’inyubako, bifashishije indangururamajwi, bagasoma ubutumwa bukubiyemo ibyo basaba aho berekanye ko nubwo AFC/M23 na Leta ya RDC biheruka kugirana amasezerano, ntacyo ashobora gutanga mu gihe Minembwe n’ibindi bice bikigabwaho ibitero.

Ubutumwa bugira buti “Amasezerano y’amahoro ntacyo yaba avuze mu gihe bombe zaba zikomeje kuraswa ku basivili muri Minembwe. Agahenge ntacyo kaba kavuze niba abantu bakomeje kwicwa muri Minembwe na Masisi n’ahandi hose ku butaka bwa Congo. Dipolomasi ntacyo yaba ivuze niba itarinda uburenganzira bw’ikiremwamuntu.”

Bongeye kugaragaza ko kuba impande zombi zashyira umukono ku masezerano y’amahoro, bikwiye kujyana no kubahiriza ibyo zemeranyijweho, abasivili ntibakomeze kuraswaho.

Basabye Amerika gukora ibishoboka byose igahagarika ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abanyamulenge bicwa bazira uko bavutse.

Bukomeza buti “Ntabwo turi hano kurwanya amahoro, turi hano gusaba amahoro nyayo. Amahoro atari ayo mu nyandiko gusa ahubwo agaragara no mu gihugu, amahoro abungabunga abana aho gusigasira inyungu za politiki. Iyo ni yo mpamvu turi hano imbere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’igihugu kiyoboye Isi, gishobora gutuma habaho amahoro arambye no kubaza inshingano buri wese mu kurinda uburenganzira bwa muntu.”

Umuryango MPA (Mahoro Peace Association) wateguye iyi myigaragambyo yabereye mu mujyi wa Washington D.C watangaje ko yitabiriwe n’Abanyamulenge barenga 4000 baturutse mu bice bitandukanye bya Amerika.

Uyu muryango wagaragaje ko ingabo za RDC n’iz’u Burundi zifite uruhare mu bwicanyi buri gukorerwa Abanyamulenge muri Komini Minembwe no mu bindi bice by’imisozi miremire muri Kivu y’Amajyepfo.

Umuyobozi wa Mahoro Peace Association, Douglas Kabunda, yasobanuye ko igikorwa cy’imyigaragambyo yakozwe mu rwego rwo kugaragaza ukuri, batazahwema kugikora igihe cyose bigaragara ko bene wabo bakigabwaho ibitero.

Ati “Impamvu dukomeza kwigaragambya ni uko ikibazo cy’iwacu kitarakemuka, noneho cyabaye kibi cyane. Ubwicanyi bwarakomeje, habaho n’ubundi buryo bwo kwica. Ubwo burimo kwicisha abantu inzara, no kwicisha za drones. Izo drones ziragenda zikica abantu ariko zikica n’inka. Ubu iwacu inzara ni yo nyinshi. Impamvu twagarutse ni uko kitarakemuka, kandi tuzongera tugaruke kugeza igihe ikibazo cy’iwacu cyakemutse.”

Mu butumwa Abanyamulenge basomaga bagaragaje ko ingabo za Leta zifatanyije n’iz’Abarundi zikomeje gukoresha drones mu kugaba ibitero kuri Minembwe, bagasaba ko byahagarara.

Yasobanuye ko uretse imyigaragambyo, Abanyamulenge bari banafitanye gahunda yo guhura n’Abasenateri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bakabagaragariza ibikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, banabashyikiriza inzandiko zikubiyemo ibibazo Abanyamulenge bakomeje guhura na byo mu rwego rwo gusaba ko icyo gihugu cyagira icyo gikora.

Kabunda yagaragaje ko mu gihe amasezerano aherutse gushyirwaho umukono mu Busuwisi hagati ya Leta ya RDC na AFC/M23 yashyirwa mu bikorwa, yatanga umusaruro ufatika kandi bizeye ko Amerika izagira uruhare mu gutuma ibyasinywe byubahirizwa.

Abitabiriye imyigaragambyo bair bafite ibyapa biriho ubutumwa busaba ko ubwicanyi buhagarikwa
Abanyamulenge bitabiriye imyigaragambyo ari benshi
Abanyamulenge bariye karungu bereka Amerika ko ikwiye guhagarika ubwicanyi bukorerwa benewabo
Abagabo b'Abanyamulenge baba muri Amerika bifatanyije n'abandi mu myigaragambyo
Imyigaragambyo y'Abanyamulenge yakozwe mu mahoro
Abanyamulenge basabye Amerika gukora ibishoboka byose, Leta ya RDC igashyira mu bikorwa ibyo iheruka gushyiraho umukono
Abanyamulenge beretse Isi ko ikomeje kurebera bagenzi babo bakorerwa ubwicanyi
FARDC yasabwe guhagarika ibitero ku Banyamulenge
Abanyamulenge bagaragaje ko bazakomeza kwigaragambya kugera igihe ikibazo cyabo kizaba cyabonewe umuti
Abagore n'abakobwa bagaragaje uko bagenzi babo bakomeje guhohoterwa n'Ingabo za Leta n'iz'u Burundi muri Minembwe
Abanyamulenge barenga 4000 bitabiriye imyigaragambyo
Abanyamulenge basabye Amerika gufasha mu kubona amahoro arambye atari ayo mu mpapuro gusa
Abanyamulenge bagaragaje ko amasezerano y'amahoro akwiye kujyana no kubahiriza ibiyakubiyemo
Urubyiruko rw'Abanyamulenge na rwo rwitabiriye imyigaragambyo mu gusaba amahanga kugira icyo akora ku bikomeje kubera muri RDC
Umuyobozi wa Mahoro Peace Association, Douglas Kabunda, yasobanuye ko igikorwa cy’imyigaragambyo yakozwe mu rwego rwo kugaragaza ukuri
Abanyamulenge bakoraga imyigaragambyo bifashishije indangururamajwi mu kuvuga akari ku mutima
Abanyamulenge banageze kuri Ambasade ya RDC i Washington basobanura ibyifuzo byabo

Amafoto: Munyakuri Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages