00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amb. Nkulikiyinka yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Finland

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 22 February 2017 saa 07:29
Yasuwe :

Ambasaderi Christine Nkulikiyinka yashyikirije Perezida wa Finland, Sauli Niinistö impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.

Muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa Kabiri, Amb. Nkulikiyinka yashimye ubufatanye mu ishoramari bujyenda bwiyongera hagati y’ibihugu byombi, kandi hakaba hakiri n’ibindi byinshi byabyazwa umusaruro.

Perezida Niinistö yashimye iterambere u Rwanda rugezeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Niinistö yasabye gukomeza umubano mu bucuruzi hagati y’ibihugu byombi.

By’umwihariko, Ambasaderi w’u Rwanda yabwiye Niinistö ko u Rwanda rushyize ingufu muri gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu, Made in Rwanda, byakoherezwa no muri Finlande.

Inyubako ya Kigali Heights ni kimwe mu bikorwa bikomeye mu Rwanda byashowemo imari na sosiyete yo muri Finland, Taaleri Plc.

Nk’uko tubikesha The New Times, Amb. Nkulikiyinka yavuze ko inshingano afite muri Finland ari uguteza imbere umubano w’ibihugu byombi mu bucuruzi n’ishoramari.

Yagize ati “By’umwihariko, Finland iri imbere ku isi mu by’ikoranabuhanga ( ICT) n’uburezi.”

Yanavuze ko iki gihugu gishobora gukorana n’u Rwanda mu by’ubukerarugendo no mu rwego rw’ubuzima.

Ambasade y’u Rwanda muri Finland ifite icyicaro muri Suède.

Ambasaderi Christine Nkulikiyinka yashyikirije Perezida wa Finland Sauli Niinistö impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages