Mu bashobora gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru harimo Gen Katumba Wamala wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Lt Gen Charles Awany Otema, Lt Gen Charles Angina na Maj Gen Godfrey Katsigazi Tumusiime.
Hari kandi Maj Gen Henry Ndarubweine Masiko, Maj. Gen. Apolo Kasiita Gowa, Maj. Gen. Leopold Kyanda, na Maj. Gen. Abel Kandiho wamaze igihe kinini ayobora Urwego rushinzwe ubutasi mu Gisirikare cya Uganda (CMI), aba muri Polisi y’Igihugu n’Umujyanama Mukuru wa Perezida Museveni n’abandi.
Biteganyijwe ko nibura Igisirikare cya Uganda muri uyu mwaka kizasezerera abofisiye 531 barimo abakuru n’abato bageze igihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.
UPDF itangaza ko gusezerera abasirikare bageze mu zabukuru ari intambwe ikomeye mu rugendo rushya rwo kubaka igisirikare gikomeye kandi ko ari icyiciro gishya buri musirikare aba yiteguye kunyuramo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!