00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Babiri bahembwe amagare muri ‘Social Ride’ yateguwe na Amstel

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 26 February 2026 saa 07:49
Yasuwe :

Abantu bo mu ngeri zitandukanye bagera ku 100 bitabiriye isiganwa ry’amagare ry’abatarabigize umwuga ‘Social Ride’, babiri bacyura amagare bahembwe n’uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc, rubinyujije mu kinyobwa cyarwo Amstel.

Iri siganwa ryateguwe bwa mbere muri Tour du Rwanda, ryabereye i Rubavu tariki ya 26 Gashyantare 2026.

Abaryitabiriye bakoresheje inzira y’ibilometero 9,1 n’ubundi abakinnyi bazengurukamo bakina Agace ka Gatanu ka Tour d Rwanda 2026 kakiniwe i Rubavu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, mu gutangiza iri siganwa yavuze ko ari umwanya mwiza wo kuryoherwa n’ubwiza bw’aka karere.

Ati “Kuva ejo twaryohewe n’isiganwa ry’ababigize umwuga ubwo basozaga agace ka kane. Ubu ni umwanya wacu wo kuryoherwa n’ibyiza by’Akarere ka Rubavu binyuze mu mukino wo gusiganwa ku magare.”

Nyuma y’iri siganwa, babiri basubije neza ibibazo byabajijwe bahembwe amagare abiri ya siporo mu rwego rwo kubatera imbaraga zo gukomeza gukora siporo no gukunda umukino w’amagare by’umwihariko.

Isiganwa nk’iri rizongera kuba ku Cyumweru, tariki ya 1 Werurwe 2026 i Kigali, mbere y’uko hakinwa Agace ka Munani ka Tour du Rwanda 2026 ari na bwo isozwa.

Amstel kandi inategura ibitaramo biherekeza iri siganwa bizwi nka Tour du Rwanda Festival, aho abahanzi nka Bushali, Kenny Sol, Kivumbi, Bwiza, Ruti Joel, DJ Marnaud na Symphony Band basusurutsa ababyitabiriye, hakanatangwa n’ibihembo bitandukanye.

Amstel yatanze ibihembo birimo amagare
Umuyobozi w'Akarer ka Rubavu Muhirwa Prosper, ni umwe mu bitabiriye iri siganwa
Ababyeyi bari babukereye
Iri siganwa ryitabiriwe n'abagera ku 100

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages