Iki kigo cyafunguye imiryango ku wa 3 Ukwakira 2025, aho cyazanye ibikoresho by’ubwiza byose wakenera bizwi nka ‘maquillage’ ndetse n’ibikoresho bisanzwe byo kwita ku ruhu kugira ngo rucye.
Umuyobozi w’iki kigo, Rene Stiegelmann, yavuze ko igitekerezo cyo gukora bikoresho cyavuye ku kuba muri Afurika nta bigo byinshi bibikora bihaba kandi ko usanga ibyo hanze y’uyu mugabane bitita ku ruhu rw’abirabura cyane.
Ati “Ibyo tuzanye mu Rwanda ni ibiri ku rwego rwo hejuru umuntu ashobora gutekereza. Yaba mu Rwanda ndetse no muri Afurika yose hari icyuho cy’uko nta nganda zikora ibikoresho bijyanye n’uruhu rwabo zihari, ni yo mpamvu twaje gukorera muri Afurika.”
Cynthia Uwineza uhagarariye Bellazuri mu Rwanda, yavuze ko ibikoresho byabo bikoze mu bimera by’umwimerere, bityo ibikoresho byabo bitangiza uruhu ndetse ko ku batazi ibijyanye n’uruhu rwabo n’ibyajyana narwo bazajya babaha ubujyanama ku bikoresho byabo ndetse n’ibyo bakwiye gukoresha.
Ati “Nk’abantu tuzanye ibikoresho by’ubwiza bikorewe Abanyafurika tuzi uko impu z’Abanyafurika zimera. Ntabwo turi abaganga ndetse nta nubwo ibi bikoresho byacu ari ibivura indwara z’uruhu ahubwo ni ibituma uruhu rurushaho gusa neza.”
Masha Clara ukora ibijyanye n’ubwiza, yagaragaje ko yishimiye ibi bikoresho kuko bihura neza n’impu z’Abanyafurika.
Ati “Twagorwaga no kubona ibikoresho bihura neza n’impu za hano iwacu ariko Bellazuri yazanye igisubizo. Nazigerageje ni nziza ndetse zifata ku ruhu neza. Mbese ni ibicuruzwa byiza nashishikariza bagenzi banjye gukoresha.”
Bellazuri ifite uruganda rukora ibi bikoresho by’ubwiza mu Budage ndetse n’urundi ruri muri Uganda .
Ibi bicuruzwa bizajya bigera mu Rwanda ku bufatanye n’ikigo Peniel Wholesale Ltd cya Dèo - Gracias Gauthier, kimenyereweho kugeza ibikoresho by’ubwiza muri Afurika kibikuye mu bihugu byo hanze yayo.
Gauthier yavuze ko ibi bikoresho “bizajya biboneka ku maduka atandukanye agurisha ibikoresho by’ubwiza, aya Bellazuri nyirizina n’imwe muri farumasi, mbese ibi bikoresho ahantu hose wabibona.”
Bellazuri yatangiye mu 2019 aho kugeza ubu ikorera mu bihugu 11 birimo Uganda, Kenya, Ghana, Nigeria, Congo, Misiri, Ethiopia, Afurika y’Epfo, Zimbabwe, Guinée, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Colombia n’u Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!