Uyu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 32 watangiriye ku cyicaro gikuru cy’iki banki giherereye mu Mujyi wa Kigali, aho bashyize indabo ku rwibutso ruriho amazina 33 y’abari abakozi ba Banki bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nyuma yo kunamira izi nzirakarengane ubuyobozi n’abakozi ba BPR berekeje ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, bunamira inzirakarengane zihashyinguye, basonurirwa amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Basobanuriwe amateka yihariye yaranze ako karere mu 1994, cyane cyane ibijyanye n’ahahoze ETO Kicukiro yari yarahungiyemo Abatutsi benshi.
Ku wa 11 Mata 1994, Ingabo zari mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro mu Rwanda (MINUAR) zatereranye Abatutsi barenga 3000 bari bahungiye muri ETO Kicukiro zisubira iwabo zibasigiria Interahamwe n’ingabo za Leta zirabica.
Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda, Patience Mutesi yavuze kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari inshingano z’abakozi b’iyi banki kuko ari bwo buryo bwo guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ati “Kwibuka ni inshingano zacu twese kandi ni umuhigo twiyemeje wo guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no gukomeza kurinda ukuri kugira ngo no mu bazadukomokaho ntibazigere babyibagirwa.”
Visi Perezida wa IBUKA, Blaise Ndizihiwe yasabye urubyiruko rw’abahanzi n’abakozi ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ko ari inshingano zabo ndetse ko bafite n’izo guhangana n’abakomeza gupfobya ko itabayeho.
Ati “Urubyiruko rukunze kwifata cyane ntidushake kugaragaza ko Jenoside yabaye cyangwa se reka ndeke kuvuga hari abazabivuga. Nta muntu uzatuvugira amateka yacu kuko kuvuga amateka yacu ntabwo ari inshingano zireba bamwe nka IBUKA ahubwo ni inshingano zacu twese.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!