00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Buri mwaka abagore n’abakobwa miliyoni 736 bakorerwa ihohoterwa ku Isi

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 1 June 2023 saa 03:58
Yasuwe :

Raporo yo mu 2021 y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Rishinzwe Ubuzima, OMS, yagaragaje ko buri mwaka abagore n’abakobwa miliyoni 736 bo ku Isi yose bakorerwa ihohoterwa ryo ku mubiri, irishingiye ku gitsina cyangwa irindi, abo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere akaba ari bo benshi basagarirwa cyane.

Abo mu bihugu byo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara, muri Aziya y’Epfo na Oceania bari hagati y’imyaka 15 na 49 bibasirwa ku kigero kiri hagati ya 33 na 51%, bagahohoterwa n’abantu ba hafi kuri bo barimo abo bashakanye.

Naho ab’i Burayi bahohoterwa buri mwaka bari hagati ya 16 na 24%, muri Aziya yo Hagati ni 18%, Aziya y’Iburasiraziba ni 20%, mu gihe abo mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Aziya ari 21%.

Iyi raporo igaragaza ko abagore n’abakobwa batangira guhohoterwa bakiri bato, aho umwe muri bane bari hagati y’imyaka 15 na 24 akorerwa ihohoterwa n’umuntu bafitanye umubano wihariye.

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa ryiyongereye cyane ubwo Isi yari yugarijwe n’Icyorezo cya Covid-19.

Tedros yibukije abatuye Isi ko kurwanya iri hohoterwa bidasaba urukingo, ahubwo ko ibihugu, imiryango n’abantu ku giti cyabo bakwiye guhagurukira hamwe mu kurandura imizi rishamikiyeho.

OMS igaragaza ko abagore n’abakobwa bakorerwa ihohoterwa n’abantu ba hafi kuri bo barimo nk’abo bashakanye ari bo benshi kuko bagera kuri miliyoni 641.

Gusa abagera kuri 6% ni bo bavuze ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’undi muntu utari uwa hafi kuri bo.

Iyi raporo kandi igaragaza ko bitewe n’uko abagore benshi badatobora ngo bavuge ko bakorerwa ihohoterwa iryo ari ryo ryose, imibare iyigaragaramo ishobora kuba ari mike ugereranyije n’umubare wa nyawo w’abahohoterwa.

OMS kandi igaragaza ko ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa rigomba kurwanywa mu buryo bwose bushoboka kuko rigira ingaruka mbi ku buzima bwabo bwose na nyuma y’uko baba batagihohoterwa.

Benshi mu bakorerwa ihohoterwa ririmo iryo gukubitwa, gutotezwa, irishingiye ku gitsina ndetse n’irindi, birangira bibasiwe n’agahinda gakabije, ibikomere ku mubiri, gutwara inda zitateganyijwe, kwibasirwa n’indwara zandura zirimo agakoko gatera SIDA n’ibindi bibazo.

Buri mwaka abagore n’abakobwa miliyoni 736 bakorerwa ihohoterwa ku Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages