00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burkina Faso, Mali na Niger birashaka kurema umuryango mushya nyuma yo kuva muri CEDEAO

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 16 February 2024 saa 07:00
Yasuwe :

Nyuma yo gutangaza ko bizava mu muryango w’akarere ka Afurika y’uburengerazuba (CEDEAO), Burkina Faso, Mali na Niger birashaka kurema undi witwa AES (Alliance of Sahel States).

Minisitiri w’Ingabo wa Burkina Faso, Kassoum Coulibaly, yasobanuye ko nyuma y’aho muri Nzeri 2023 ibi bihugu bigiranye amasezerano y’ubufatanye mu bukungu no mu gisirikare, ikigezweho ari ugusuzuma uburyo hashingwa umuryango uyashingiyeho.

Nk’uko The Citizen yabitangaje kuri uyu wa 16 Gashyantare 2024, Minisitiri w’Ingabo wa Niger, General Salifou Modi, yasobanuye ko uyu muryango numara gushingwa, uzazana ibyishimo mu batuye mu bihugu bitatu.

Perezida w’inzibacyuho wa Niger, General Abdourahamane Tiani, mu mpera z’icyumweru gishize yatangaje ko ibi bihugu biteganya kujya bikoresha ifaranga rimwe, asezeranya ababituyemo ko buzaba uburyo bwo kwigobotora ubukoloni.

Ibi bihugu byose byabaye muri CEDEAO kuva yashingwa mu 1975, byatangaje gahunda yo kuyisohokamo tariki ya 28 Mutarama 2024 bitewe n’ibihano yabifatiye, bijyanye n’uko abasirikare babiyoboye bahiritse ubutegetsi bwariho.

Perezida Tiani yavuze ko mu gihe kiri imbere, ibi bihugu bizajya bikoresha ifaranga rimwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages