Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi irakangurira abahinzi guhinga mu mirima ya “Green house”, mu rwego rwo guhangana n’ibura ry’ibiribwa bimwe na bimwe byiganjemo imboga n’imbuto bikunze kubura mu gihe cy’impeshyi ubwo haba hari izuba ryinshi.
Musabyimana Jean Claude umukozi muri Minisiteri y’Ubuhinzi ushyinzwe kuhira no gutunganya ibishanga, yatangarije urubuga headlines.rw dukesha iyi nkuru ko usanga imyumvire kuri bwamwe mu bahinzi iri hasi, bityo bahinga mu gihe cy’imvura gusa ntibashishikarire kubyaza umusaruro ubutaka no mu mpeshyi .
Ati ”Hari igihe imvura igwa amazi agapfa ubusa ntafatwe cyangwa ngo hahingwe mu buryo buyabika neza mu butaka”.
Musabyimana avuga ko hakwiye kurebwa uburyo hajya hahingwa imboga n’imbuto muri Green House. Kuri ubu bikorwa ku nyanya gusa, kandi ngo byafasha mu guhungana n’ibura ry’ibyo bihingwa mu gihe cy’impeshyi.



















TANGA IGITEKEREZO