00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dr Ngirente yasabye amahanga ubufatanye mu kurengera ibidukikije

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 29 February 2024 saa 02:51
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa 29 Gashyantare 2024 yasabye ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye ubufatanye mu kurengera ibidukikije.

Ni ubutumwa yatangiye mu Nteko ya 6 ya Loni yiga ku ngamba zo kubungabunga ibidukikije yabereye i Nairobi muri Kenya. Yahagarariye Perezida Paul Kagame.

Dr Ngirente yasabye abitabiriye iyi Nteko kubahiriza ingamba zashyizweho, zigamije guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, kurwanya ihumana ry’ikirere no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.

Yasobanuye ariko ko kugira ngo Isi itsinde ibibangamiye ibidukikije, imibereho y’abaturage n’ubukungu, hakenewe ubufatanye bufatika bw’ibihugu bigize Loni.

Minisitiri w’Intebe yatangaje ko u Rwanda rwasinye amasezerano mpuzamahanga arenga 16 yo kurengera ibidukikije kandi ko kubera ingamba zihariye rwafashe, rwayubahirije yose.

Ati “U Rwanda rwasinye amasezerano mpuzamahanga yo kurengera ibidukikije arenga 16. Twayagize ayacu kandi dukurikirana uburyo ashyirwa mu bikorwa. Nishimiye kubabwira ko twubahiriza inshingano zacu zose dufite muri aya masezerano.”

Yagaragaje ko hashingiwe ku musaruro mwiza uturuka mu Nteko ya Loni yiga ku kurengera ibidukikije, ibyo ibihugu byose bisabwa ari uguhuza umusanzu.

Dr Ngirente yasobanuye ko igihugu ubwacyo kidashobora kubona ibisubizo muri gahunda yo kurengera ibidukikije, ikaba ari yo mpamvu habayeho gusinya amasezerano mpuzamahanga yerekeye ku bufatanye.

Yashimangiye ko u Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu bigize ihuriro HAC (High Ambition Coalition) byiyemeje guhuza imbaraga mu kugabanya ibikoresho bya pulasitiki, hagamijwe kurengera ibidukikije.

Muri Werurwe 2022, Inteko ya 5 ya Loni yiga ku bidukikije yatoye umushinga w’amasezerano mpuzamahanga ugamije kurwanya iyangirika ry’ibidukikije riterwa n’ibikoresho bya pulasitiki. U Rwanda na Peru ni byo byawuteguye kandi ni byo biwuyobora.

Iyi Nteko yabereye i Nairobi
Minisitiri w'Intebe yahagarariye Perezida Kagame muri iyi Nteko
Dr Ngirente yagaragaje ko ubufatanye ari bwo bwakemura ibibangamiye ibidukikije
Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr Tedros Adhanom, ari mu bitabiriye iyi Nteko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages