00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Umukecuru w’imyaka 69 yasanzwe mu mugenda w’amazi yapfuye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 12 February 2024 saa 06:52
Yasuwe :

Umukecuru w’imyaka 69 y’amavuko witwa Kaheru Fausta wari utuye mu karere ka Gicumbi yasanzwe mu mugenda w’amazi aryamyemo, yapfuye.

Byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 11 Gashyantare 2024, bibera mu kagari ka Bugomba mu mudugudu wa Kajevuba.

Amakuru avuga ko nubwo uyu murambo wabonetse mu murenge wa Kaniga, atari ho uyu mukecuru asanzwe atuye, ko ubusanzwe yari atuye mu murenge wa Mukarange bihana imbibi.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kaniga, Ndizihiwe Cyriaque, yabwiye IGIHE ko byabayeho.

Ati "Yego, ni uko yaguye mu murenge wa Kaniga ariko ubusanzwe yari atuye mu murenge wa Mukarange. Bamusanze ari mu mugenda w’amazi mu murenge wa Kaniga iruhande rw’akayira. Yari ari mu gishanga yapfuye, ntabwo turamenya icyamwishe.”

Yakomeje ati “Hari mu kayira banyuramo bataha mu murenge wa Mukarange, ahitwa Rusambya, ariko twabimenyesheje inzego zibishinzwe.”

Umurambo wajyanywe ku bitaro bya Byumba gukorerwa isuzuma.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages