Iri shyirahamwe ryatangjwe ku wa 23 Werurwe 2017, nyuma y’aho bigaragaye ko hakiri ikibazo cy’uko abakobwa bumva ko amasomo ya siyansi akomeye ndetse ko asaba igihe kirekire ngo umuntu ayarangize.
Umuyobozi waryo, Alice Ikuzwe yagize ati “ Dutekereza iri shyirahamwe twabonaga ko hari ikibazo cy’uko abana b’abakobwa batinyaga kwiga amasomo ya siyansi n’ikoranabuhanga, twihurije hamwe rero kugira ngo dukangurire barumuna bacu bagitinya imibare, siyansi n’ibindi by’ikoranabuhanga tubafashe, tubereke ko byose bishoboka.”
Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubumenyi, ikoranabuhanga n’ubushakashatsi muri Mineduc, Dr. Marie Christine Gasingirwa, yavuze ko iri shyirahamwe rigiye kugira uruhare mu kumvisha abakobwa kwinjira muri ayo masomo.
Yagize ati “ Kuva aho dutangiye gushishikariza abakobwa gutinyuka ubu batangiye kugana siyansi ngira ngo nk’uko mwabikurikiye ejo bundi abakobwa nibo banatsinze neza ayo masomo mu kizamini cya leta, abakobwa rero nibamara kwiga ayo masomo bazagira uruhare mu iterambere ry’igihugu n’Isi muri rusange.”
Nibura mu banyeshuri biga mu masomo ya Siyansi (STEM: Science, Technology, Engineering and Mathemathics) muri Kaminuza zo mu Rwanda, abagera kuri 80% baba ari abahungu naho abakobwa bakaba 20%.
Ibi bifitanye isano n’imyumvire yo kuva kera ko umwana w’umukobwa ntacyo ashoboye bikagera no ku rwego rwa kaminuza bacyitinya.



















TANGA IGITEKEREZO