Itorero ry’Abangilikani Diyoseze ya Kigeme ku wa 13 Mutarama 2018, nibwo ryahawe Musenyeri mushya, Musabyima Assiel, ukwimikwa kwe kukaba kwarahuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 25, EAR Diyoseze ya Kigeme imaze ibayeho.
Bamwe mu bayoboke b’Itorero ry’Abangilikani baganiriye na IGIHE bagaragaje ko bifuza ko Musenyeri mushya yazashyira ingufu mu burezi bw’abana b’incuke.
Ntakiyimana Daniel ati “Twifuza ko yashyira ingufu mu bijyanye n’uburezi bw’abana bato mu mashuri y’incuke, kuko buriya niho itorero rikurira, abana bagakura bafite uburere nta kujya mu ngeso mbi”.
Mukanyonga Cécile na we ati “By’umwihariko twifuza ko yakwita ku bana b’incuke bakabona amashuri ahagije yo kwigiramo n’abarimu bo kubarera kandi babitojwe kuko twifuza ko abana bacu biga hakiri kare bakazakurana umuco wo gukunda ishuri”.
Musenyeri Musabyimana Assiel amaze gutoranywa, kwimikwa no guhabwa inkoni y’ubushumba, yavuze ko azashyira ingufu mu kwita ku bana b’imfubyi, abaturage bakennye, abababaye n’abakomeretse kugira ngo abayobore mu nzira nziza ituma babaho neza.
Yavuze kandi ko azashyira ingufu mu burezi na bwo akabuteza imbere kuko ari umushingi w’iterambere.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Marie Rose Mureshyankwano, yavuze ko amatorero n’amadini ari abafatanyabikorwa ba Leta bakomeye kandi afite abayoboke benshi bityo abayayobora bakwiye gufasha abaturage kugira imibereho myiza n’umutekano.
Ati “Ndagira ngo nongere nsabe ko mwabigira ihame kwita ku muryango dufasha abashakanye kwirinda amakimbirabe yo mu ngo, turinda abana bacu ibiyobyabwenge, ahubwo tubafasha kugira imibereho myiza n’iterambere, bakabaho mu mahoro n’umutekano”.
Mureshyankwano yakomeje ashimira amadini n’amatorero uruhare agira mu guteza imbere abayoboke bayo no kubatoza imikorere myiza, avuga ko ari ibikorwa byiza bikwiye gukomeza.
Musabyima Assiel abaye Musenyeri wa gatatu uyoboye Diyoseze ya Kigeme nyuma ya Musenyeri Mvunabandi Augustin wayiyoboye asimbuye Musenyeri Kayumba Normal wabanje.



















TANGA IGITEKEREZO