00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igisirikare cy’u Burundi kirashaka urubyiruko rwinshi rucyinjiramo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 30 January 2024 saa 09:27
Yasuwe :

Igisirikare cy’u Burundi gikomeje gushaka urubyiruko rwinshi rwo gutoza mbere y’uko rwoherezwa gufasha abasirikare bari mu butumwa mu bihugu birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abantu ikinyamakuru SOS Burundi cyatangaje ko cyavuganye na yo bagaragaje ko urubyiruko rurenga 500 rwagiye gukorera ibizamini mu kigo ESO Bururi ku wa Kabiri w’icyumweru gisirikare.

Ku kigo cya gisirikare kiri mu ntara ya Rumonge na ho hagiye urubyiruko rubarirwa muri 390, gusa ntabwo byagenze nk’uko byari byateganyijwe kuko mu bizamini bibiri rwagombaga gukora; rwakoze kimwe gusa icy’imyitozo ngororamubiri, icyo kwandika ntibagikora.

Umwe mu basirikare bavuganye n’iki kinyamakuru yatangaje ko kudakoresha ikizamini cyanditse byatewe n’uko igisirikare gishaka abakandida benshi bacyinjiramo, bityo kikaba cyabonye ko iki kizamini cyatuma haboneka bake bijyanye n’abakenewe.

Uyu Colonel yagize ati “Igisirikare kirashaka kwinjiza Imbonerakure nyinshi zisanzwe ziri kwifatanya na cyo mu bikorwa bya gisirikare muri Congo ariko abenshi muri bo ntabwo batsinda ikizamini cyanditse. Bityo, abofisiye bafashe icyemezo cyo kubakoresha ikizamini cy’imyitozo ngororamubiri gusa.”

Igisirikare cy’u Burundi cyohereje abasirikare mu bihugu bitatu; ari byo Somalia, Repubulika ya Centrafrique no muri RD Congo, aho bivugwa ko cyatakarije abasirikare benshi mu rugamba cyinjiyemo rwo guhangana n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Hari gahunda yo kwinjiza mu gisirikare urubyiruko rubarirwa mu 5000, urwinshi rukazava mu rugize ihuriro rishamikiye ku ishyaka CNDD-FDD ruzwi nk’Imbonerakure.

Leta y'u Burundi irashaka kwinjiza urubyiruko rwinshi mu gisirikare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages