00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imbamutima za ba Ambasaderi bashya barimo uwa Ukraine bakiriwe na Perezida Kagame

Yanditswe na Ndahayo Emmanuel
Kuya 24 April 2022 saa 07:33
Yasuwe :

Kuri uyu wa Gatanu 22 Mata 2022, Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi bashya icyenda bagiye guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, aho bamugejejeho imigabo n’imigambi bafite mu kurushaho guteza imbere umubano uri hagati y’u Rwanda n’ibihugu byabo.

Ba Ambasaderi bakiriwe barimo Ambasaderi Kevin Colgan wa Repubulika ya Ireland, Katarína Žuffa Leligdonová wa Repubulika ya Slovakia na Andrii Pravednyk wa Ukraine aho bafite umwihariko wo kuba bose bari basanzwe bamenyereye Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba kuko nka Kevin Colgan asanzwe ari Ambasaderi wa Ireland muri Uganda mu gihe Katarína Žuffa Leligdonová yahagarariye igihugu cye muri Kenya cyo kimwe na Andrii Pravednyk wa Ukraine.

Uwa Ireland azaba afite Icyicaro i Kampala muri Uganda mu gihe uwa Slovakia na Ukraine bo bazaba bafite Icyicaro muri Kenya.

Mu bandi ba Ambasaderi bakiriwe na Perezida Kagame harimo uwa Canada, Christopher Thornley uzaba ufite Icyicaro muri Kenya i Nairobi; uwa Sierra Leone, Isatu Aminata Bundu ufite Icyicaro i Nairobi na Jaspal Singh ufite Icyicaro muri Singapore, ari nacyo gihugu ahagarariye.

Harimo kandi uwa Nouvelle-Zélande, Michael Ian Upton ufite Icyicaro i Addis Ababa na Abdi Mohamoud Eybe wa Djibouti ufite Icyicaro i Addis Ababa.

Ambasaderi Monica de Greiff Lindo wa Colombia azaba afite Icyicaro i Nairobi muri Kenya.

Bahize guteza imbere umubano w’u Rwanda n’ibihugu byabo

Nyuma yo kwakirwa na Perezida, ba Ambasaderi bashya baganiriye n’itangazamakuru, bagaruka ku migabo n’imigambi yabo ishingiye ahanini ku guteza imbere umubano w’ibihugu byabo n’u Rwanda.

Ambasaderi Katarína Žuffa Leligdonová wa Repubulika ya Slovakia yavuze ko yaganiriye na Perezida Kagame ku bijyanye n’intambara u Burusiya buherutse gutangiza muri Ukraine.

Yagize ati “Naganiriye na Perezida ku ngingo zitandukanye. Uretse kuganira ku buryo bwo guteza imbere umubano wacu, twanaganiriye ku kibazo cya Ukraine ndetse n’ingaruka z’intambara yatangijwe n’u Burusiya mu bihugu bituranye na Ukraine, kuko turi abaturanyi ba Ukraine.”

Ambasaderi Leligdonová kandi yaganiriye na Perezida Kagame ku bijyanye no guteza imbere ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, ati “Twarebeye hamwe uburyo bw’ubufatanye mu gusangira ubunararibonye mu guteza imbere ubushobozi bw’abaturage bacu. Turateganya, nka Slovakia, igihugu cyanyuze mu mpinduka [mu rugendo rwo kwiteza imbere], gusangira ubwo bunararibonye n’u Rwanda.”

Ambasaderi Andrii Pravednyk wa Slovakia mu Rwanda akaba afite Icyicaro muri Kenya

Undi wakiriwe na Perezida Kagame ni Ambasaderi Kevin Colgan uhagarariye Ireland mu Rwanda. Yashimangiye ko ashyize imbere iterambere ry’inzego z’ikoranabuhanga n’ubuhinzi hagati y’ibihugu byombi, ati “Nize ko u Rwanda rufite byinshi ruhuriyeho na Ireland nko mu bijyanye n’ubuhinzi. Twanabonye kandi ko hakenewe gushora imari mu bijyanye n’ikoranabuhanga, ibijyanye n’ikorwa ry’imiti ku buryo ibihugu byacu byombi byarushaho gutera imbere.”

Yashimangiye ko Igihugu cye kibona amahirwe yo gukorana n’u Rwanda mu bijyanye n’ubucuruzi, ashimangira ko ari kimwe mu bimuraje ishinga cyane.

Ati “Ibyo nzashyiramo imbaraga ni ukugira uruhare mu guteza imbere ubucuruzi ndetse n’ibijyanye no gusangira umuco. Ni ingenzi cyane ko ibihugu byombi byungukiranaho mu bijyanye n’ubucuruzi ndetse n’ishoramari. Tujya tugira inama zirebera hamwe uburyo bwo guteza imbere ubukungu, turizera ko u Rwanda ruzayitabira ahagana mu mpera za Kamena, ku buryo abacuruzi bo mu Rwanda bazaza i Dublin, bakagaragaza uburyo u Rwanda rwateye imbere [mu bijyanye n’ubucuruzi].”

Ambasaderi Kevin Colgan azaba ahagarariye Ireland mu Rwanda, afite Icyicaro i Kampala muri Uganda

Ukraine yahaye umwihariko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ambasaderi Andrii Pravednyk uhagarariye Ukraine mu Rwanda, yavuze ko nubwo igihugu cye kiri guca mu bihe bikomeye, dore ko gihanganye n’u Burusiya mu ntambara karundura, ariko gifite intego yo gukomeza guteza imbere imibanire hagati yacyo n’u Rwanda.

Yashimangiye ko ibihugu byombi bifitanye imikoranire ikwiriye gushyirwamo imbaraga, ati “Dufitanye imishinga ikomeye duhuriyeho dushobora guteza imbere ku nyungu z’Abanya-Ukraine n’Abanyarwanda. Uretse igitero cyagabwe n’u Burusiya kuri Ukraine, twatangiye kuganira ku mishinga yo mu bihe biri imbere.”

Yashimangiye ko nyuma y’intambara, igihugu cye kizashyira imbaraga mu gukomeza kwagura umubano n’u Rwanda mu nzego zitandukanye, ati “Muri Ukraine twizeye ko tuzatsinda [intambara yatangijwe n’u Burusiya], ukuri n’icyiza bizatsinda ikibi kandi tuzashobora gusana igihugu cyacu ku buryo tuzagura imikoranire n’ibindi byinshi. Hari ibitekerezo byinshi by’uburyo twakorana, nko mu buhinzi, gukoresha imashini, ikoranabuhanga mu by’isanzure, ikoranabuhanga [n’ibindi]. Nizeye ko ibi bitekerezo tuzabishyira mu bikorwa.”

Ambasaderi Pravednyk yashimagiye ko umubano w’u Rwanda na Ukraine mu nzego zirimo uburezi uzakomeza gushyigikirwa, na cyane ko ubwo intambara yateraga hari abanyeshuri b’Abanyarwanda barimo kwiga muri icyo gihugu.

Yagize ati “Ikindi cy’ingenzi ni uko tuzarushaho guhuza abaturage b’ibihugu byacu, Abanya-Ukraine bakamenya u Rwanda neza, Abanyarwanda nabo bakamenya Ukraine neza. Twizeye ko nyuma y’intambara, Abanyarwanda bazagaruka muri Ukraine gusubukura amasomo yabo, cyangwa bakajya kuyatangira, kuko twizeye ko ireme ry’uburezi muri Ukraine riri ku rwego rwo hejuru kandi ntabwo [uburezi] buhenze nko mu bindi bihugu.”

Mu bijyanye n’ubukerarugendo, Ambasaderi Pravednyk yavuze ko igihugu cye cyashyize imbaraga mu kumenyekanisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu baturage ba Ukraine, aho bashobora gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali bakumva ‘audio’ igaruka kuri ayo mateka mu rurimi rwabo.

Yagize ati “Ubwo nasuraga Kigali bwa mbere mu mpera z’Ugushyingo, twatewe ishema no gufungura ‘Ukrainian Audio Guide’ (audio iri mu rurimi rukoreshwa muri Ukraine ikubiyemo amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi) iri ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Twari dufite ingamba nyinshi z’uko abakerarugendo benshi baturutse muri Ukraine bazaza mu gihugu cyanyu cyiza bakabasha kumva inkuru y’amateka ya Jenoside mu rurimi rwacu.”

Yashimangiye kandi ko yizeye kuzongera kubona abakerarugendo baturutse muri Ukraine baza mu Rwanda, ati “Nubwo nta bakerarugendo benshi bari guturuka muri Ukraine, nizeye ko nyuma y’igihe abakerarugendo b’Abanya-Ukraine bazarushaho kuza mu Rwanda.”

Ambasaderi Andrii Pravednyk wa Ukraine mu Rwanda azaba afite Icyicaro muri Kenya

Mu bandi bakiriwe na Perezida Kagame barimo Ambasaderi Christopher Thornley uzaba uhagarariye Canada mu Rwanda. Yavuze ko mu biganiro yagiranye na Perezida Kagame, yashimiye uburyo u Rwanda rwahanganye na Covid-19.

Yagize ati “Twaganiriye ku mubano w’u Rwanda na Canada, dutegereje [kuzahurira] mu Nama y’Abakuru b’Ibihugu bya Commonwealth. Nashimiye Perezida Kagame ku buryo u Rwanda rwabashije guhashya Icyorezo [cya Covid-19] ndetse n’uburyo u Rwanda ruri kwinjira mu kindi cyiciro [cya nyuma y’iki cyorezo]. Twanavuze ku bindi bintu u Rwanda rwagezeho mu myaka ishize.”

Yongeyeho ati “Ndajwe ishinga no guhagararira Canada mu Rwanda no kubaka umubano mwiza usanzwe uri hagati y’ibihugu byacu.”

Yanashimangiye ko ari ingenzi cyane kuba u Rwanda na Canada bihurira mu miryango mpuzamahanga ikomeye, avuga ko ari andi mahirwe yo kunoza imibanire hagati y’ibihugu byombi.

Yagize ati “Dusanzwe dukorana neza, ibihugu byacu birumvikana neza mu nzego z’inyungu duhuriyeho. Ntekereza ko kuba ibihugu byacu bihuriye mu miryango myinshi mpuzamahanga ntabwo bisanzwe, nko kugira igihugu kiba muri Francophonie na Commonwealth, ni ibintu byihariye bituma turushaho gukorana ku rwego mpuzamahanga.”

Ambasaderi Christopher Thornley wa Canada mu Rwanda azaba afite Icyicaro muri Kenya

Ibi kandi byagarutsweho na Ambasaderi Isatu Aminata Bundu uhagarariye Sierra Leone mu Rwanda, wavuze ko azashyira mu bikorwa amasezerano yemeranyijweho ubwo Perezida w’icyo gihugu aheruka mu Rwanda mu 2019.

Ati “Ibyo nzibandaho birimo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yemeranyijweho ubwo Perezida Julius Maada Bio wa Sierra Leone yasuraga u Rwanda mu 2019 ku butumire bwa Perezida Kagame. Nzibanda ku gushyira mu bikorwa amasezerano yasinywe icyo gihe no kurushaho kureba inzego dushobora gufatanyamo zirimo nk’uburezi, ikoranabuhanga n’izindi.”

Ambasaderi wa Sierra Leone mu Rwanda, Isatu Aminata Bundu afite Icyicaro muri Kenya

Ku ruhande rwa Jaspal Singh uhagarariye Singapore mu Rwanda, yavuze ko igihugu cye giha agaciro gakomeye umubano gifitanye n’u Rwanda.

Yagize ati “Twagiranye ibiganiro byiza cyane [na Perezida Kagame]. Singapore iha agaciro gakomeye imibanire yacu n’u Rwanda nk’igihugu cy’umufatanyabikorwa n’inshuti. Turifuza gukomeza kubakiraho umubano wacu mwiza mu nzego zitandukanye zirimo nk’umutekano mu by’ikoranabuhanga, serivisi z’ikoranabuhanga mu by’imari, ‘fintech’, ubuhinzi buteye imbere n’ibindi byinshi twakoranamo nk’abafatanyabikorwa noneho tukabyagurira mu bindi bice bya Afurika.”

Ambasaderi Jaspal Singh wa Singapore mu Rwanda azaba Icyicaro muri Singapore

Ambasaderi Michael Ian Upton uhagarariye Nouvelle-Zélande mu Rwanda yavuze ko yashimiye aho imyiteguro yo kwakira Inama ya Commonwealth igeze, avuga ko hari icyizere ko izagenda neza cyane.

Yagize ati “Twaganiriye ku mubano mwiza dusanzwe dufitanye, turebera hamwe uburyo twarushaho kuwuteza imbere mu nzego zirimo ubucuruzi, kurushaho gushyigikira ingamba z’iterambere. Twanaganiriye ku Nama y’Abakuru b’Ibihugu ya Commonwealth itegerejwe, ngeza ku Mukuru w’Igihugu uburyo nishimiye ibijyanye n’imyiteguro y’iyo Nama. Hari icyizere cyuzuye cy’uko iyi Nama izagenda neza.”

Ambasaderi wa Nouvelle-Zélande mu Rwanda, Michael Ian Upton afite Icyicaro i Addis Ababa muri Ethiopia

Kuri Ambasaderi Abdi Mohamoud Eybe wa Djibouti mu Rwanda, yavuze ko yiteguye gusubukura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yemeranyijweho hagati y’ibihugu byombi, yari yaradindijwe na Covid-19.

Yagize ati “Nk’uko mubizi, Djibouti n’u Rwanda bisanganywe ubufanye mu nzego zitandukanye. Dufitanye amasezerano menshi twasinye, amwe muri yo yashyizwe mu bikorwa. Intego yanjye ni ugukora cyane ku bufatanye na Ambasaderi w’u Rwanda [muri Djibouti, ufite icyicaro muri Ethiopia] kugira ngo dusubukure inama zigamije kurebera hamwe aho ubufatanye bwacu bugeze kuko turi kugana mu mpera z’icyorezo cya Covid-19.”

Ambasaderi za Djibouti mu Rwanda, Abdi Mohamoud Eybe afite Icyicaro i Addis Ababa muri Ethiopia

Ambasaderi Monica de Greiff Lindo wa Colombia yashimiye cyane u Rwanda ruherutse gutanga umwanzuro w’amasezerano mpuzamahanga agamije kurwanya ihumana ry’ibidukikije riterwa n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe, wanemejwe mu Nteko rusange ya Gatanu y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku Bidukikije (UNEA 5.2) yabereye i Nairobi muri Kenya.

Yavuze ko iyi ari intambwe nziza kandi Colombia ishyigikiye u Rwanda na Peru byatanze uwo mwanzuro.

Yagize ati “Icyo nagarutseho cyane ni uko u Rwanda rwatanze umwanzuro w’amasezerano mpuzamahanga agamije kurwanya ihumana ry’ibidukikije riterwa n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe. Ni ikintu Colombia yemera, kandi ntekereza ko [ubufatanye] hagati y’ibihugu bya Afurika na Amerika y’Epfo mu gushyigikira uyu mwanzuro bizagira uruhare mu kubonera ibisubizo by’ikibazo cy’ikoreshwa rya pulasitiki. Dusangiye ibintu byinshi kandi intera iri hagati y’ibihugu muri iyi minsi ntabwo ikiri ikibazo, dushobora gukorana mu nzego nyinshi kandi mu gihe gito.”

Ambasaderi Monica de Greiff Lindo wa Colombia mu Rwanda azaba afite Icyicaro i Nairobi muri Kenya
Ba Ambasaderi bagize umwanya wo kuganira mbere yo kwakirwa na Perezida
Ambasaderi Kevin Colgan wa Repubulika ya Ireland yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame byibanze ku guteza imbere ubucuruzi hagati y'ibihugu byombi
Ambasaderi Kevin Colgan wa Repubulika ya Ireland ari kumwe n'itsinda ryamuherekeje, yafashe ifoto y'urwibutso na Perezida Kagame
Ambasaderi Kevin Colgan uhagarariye Ireland mu Rwanda ubwo yari avuye kuganira na Perezida Kagame
Ambasaderi Katarína Žuffa Leligdonová wa Repubulika ya Slovakia yakiriwe na Perezida Kagame, bagirana ibiganiro byakomoje ku ntambara iri guca ibintu hagati y'u Burusiya na Ukraine
Ambasaderi Katarína Žuffa Leligdonová wa Repubulika ya Slovakia yafashe ifoto y'urwibutso na Perezida Kagame ndetse Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Dr. Vincent Biruta
Ubwo Ambasaderi Katarína Žuffa Leligdonová wa Repubulika ya Slovakia yari avuye kuganira na Perezida Kagame
Ibiganiro bya Ambasaderi Andrii Pravednyk wa Ukraine na Perezida Kagame byibanze ku bufatanye busanzwe hagati y'ibihugu byombi
Ambasaderi wa Ukraine mu Rwanda, Andrii Pravednyk, yafashe ifoto y'urwibutso na Perezida Kagame
Ambasaderi Katarína Žuffa Leligdonová wa Repubulika ya Slovakia yafashe ifoto y'urwibutso na Perezida Kagame ndetse Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Dr. Vincent Biruta
Ambasaderi Andrii Pravednyk wa Ukraine avuye mu biganiro na Perezida Kagame
Ambasaderi Christopher Thornley wa Canada mu Rwanda yakiriwe mu cyubahiro kimukwiriye
Ambasaderi wa Canada, Christopher Thornley, yaganiriye na Perezida Kagame ku ngingo zinyuranye
Ambasaderi Christopher Thornley yavuze ko u Rwanda na Canada bifite amahirwe yo guteza imbere imikoranire kuko bihurira mu miryango mpuzamahanga myinshi
Ambasaderi Christopher Thornley yafashe ifoto y'urwibutso na Perezida Kagame
Ambasaderi Christopher Thornley uzaba uhagarariye Canada mu Rwanda ubwo yari avuye kwakirwa n'Umukuru w'Igihugu muri Village Urugwiro
Ambasaderi wa Sierra Leone mu Rwanda, Isatu Aminata Bundu yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame
Ambasaderi wa Sierra Leone, Isatu Aminata Bundu ari kumwe n'umuherekeza we bafashe ifoto y'urwibutso na Perezida Kagame
Ambasaderi Isatu Aminata Bundu wa Sierra Leone azibanda ku guteza imbere ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano yasinywe hagati y'ibihugu byombi
Ambasaderi wa Sierra Leone, Isatu Aminata Bundu avuye kuganira na Perezida Kagame
Ambasaderi wa Singapore, Jaspal Singh, yahawe icyubahiro kimukwiriye
Ambasaderi wa Singapore, Jaspal Singh, yafashe ifoto y'urwibutso na Perezida Kagame
Ambasaderi Jaspal Singh yavuze ko umubano wa Singapore n'u Rwanda uhagaze neza
Ambasaderi wa Singapore, Jaspal Singh, ubwo yari avuye kubonana na Perezida Kagame
Ambasaderi wa Nouvelle-Zélande mu Rwanda, Michael Ian Upton, yahawe ikaze mu cyubahiro akwiriye
Ibiganiro hagati ya Ambasaderi wa Nouvelle-Zélande mu Rwanda, Michael Ian Upton na Perezida Kagame byanagarutse ku myiteguro ya Chogm
Ambasaderi Michael Ian Upton wa Nouvelle-Zélande yashimiye u Rwanda ku buryo rwahanganye na Covid-19
Ambasaderi wa Nouvelle-Zélande mu Rwanda, Michael Ian Upton, yafashe ifoto y'urwibutso na Perezida Kagame
Ubwo Ambasaderi wa Nouvelle-Zélande, Michael Ian Upton, yari avuye kuri Village Urugwiro
Ambasaderi Abdi Mohamoud Eybe wa Djibouti yahawe ikaze mu cyubahiro kimukwiriye
Ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Ambasaderi Abdi Mohamoud Eybe wa Djibouti byibanze ku kurebera hamwe uburyo bwo gusubukura ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano yasinywe hagati y'ibihugu byombi
Ambasaderi Abdi Mohamoud Eybe wa Djibouti yashimiye uburyo umubano hagati y'u Rwanda n'icyo gihugu uhagaze neza
Ambasaderi Abdi Mohamoud Eybe wa Djibouti yafashe ifoto y'urwibutso na Perezida Kagame
Ambasaderi wa Djibouti ubwo yageraga kuri KCC
Ambasaderi Monica de Greiff Lindo wa Colombia yahawe icyubahiro akwiriye ubwo yari ageze muri Village Urugwiro
Ambasaderi Monica de Greiff Lindo wa Colombia yashimiye u Rwanda ku muhate rugira mu kurengera ibidukikije
Ambasaderi Monica de Greiff Lindo wa Colombia yafashe ifoto y'urwibutso na Perezida Kagame
Ambasaderi wa Colombia Monica de Greiff Lindo ubwo yari ageze muri KCC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages