00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingendo z’indege zijya muri Venezuela zikomeje gusubikwa ubutitsa kubera impungenge z’umutekano muke

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 24 November 2025 saa 08:24
Yasuwe :

Sosiyete z’indege mpuzamahanga zikomeje gusubika ingendo zerekeza muri Venezuela, nyuma y’uko Ikigo gishinzwe iby’indege za gisivile muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FAA), kiburiye abapilote ko bakwiye kwitondera ingendo zigana muri iki gihugu kubera umutekano ngo utifashe neza.

FAA yatanze umuburo ko ikirere cya Venezuela kubera impungenge z’umutekano muke n’ibikorwa bya gisirikare bikomeje kwiyongera muri icyo gihugu.

Marisela de Loaiza, uyobora Ihuriro rya sosiyete z’indege muri Venezuela, yatangaje ko kompanyi z’indege esheshatu, zamaze guhagarika ingendo zerekeza muri Venezuela.

TAP Air Portugal (TAP) yo muri Portugal, LATAM Airlines yo muri Chile, Avianca yo muri Colombia, yo Iberia yo muri Espagne, Gol Linhas Aéreas yo muri Brésil na Caribbean Airlines yo muri Trinidad and Tobago.

Turkish Airlines na yo yahagaritse ingendo yagombaga kugirira muri iki guhugu, kuva tariki 24 kugeza ku ya 28 Ugushyingo.

Perezida wa Colombia, Gustavo Petro, ku cyumweru, yanyujije ubutumwa ku rubuga rwa X, yamagana ihagarikwa ry’izi ngendo, agira ati “hagomba kuba ingendo zihoraho zijya mu bihugu byose bya Amerika y’Epfo no mu bindi bihugu byo ku isi.”

Yongeyeho ati “Ibihugu ntibikwiye kubangamirwa, kuko kubangamira ibihugu bivuze kubangamira abantu, kandi ibyo ni icyaha ku burenganzira bwa muntu.”

FAA yavuze ko abapilote bagomba kuba maso kubera ibyago by’umutekano muke bishobora gushyira indege mu kaga ku butumburuke ubwo ari bwo bwose, haba mu gihe indege iri mu kirere, ku butaka, ndetse no mu gihe imanuka cyangwa iva ku kibuga.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump akomeje gushyira igitutu kuri Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, amushinja ibyaha by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge byoherezwa muri Amerika.

Mu minsi ishize Trump yavuze ko ntacyo byaba bitwaye kugaba ibitero kuri Venezuela. Iki gihugu na cyo cyahise gikaza ubwirinzi kugira ngo cyitegura umwanzi aho yaturuka hose.

Sosiyete itwara abagenzi ya Iberia yo muri Espagne na yo yahagaritse ingendo zijya muri Venezuela

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages