00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Gitifu w’Akagari mu maboko ya Polisi akekwaho amafaranga y’amakorano

Yanditswe na

Rene Anthere Rwanyange

Kuya 4 July 2013 saa 11:57
Yasuwe :

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyarubuye, mu murenge wa Rugarika, Akarere ka Kamonyi, biravugwa ko ubu ari mu maboko ya Polisi y’igihugu kuri Sitasiyo ya Kayenzi, kubera gukekwaho gukoresha amafaranga y’amakorano.
Munyakayanza Celestin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyarubuye mu murenge wa Rugarika ku mugoroba wo ku wa 3 Nyakanga 2013, bivugwa ko yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu akekwaho gukoresha amafaranga y’amakorano; akaba yafatiwe aho atuye mu murenge wa (…)

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyarubuye, mu murenge wa Rugarika, Akarere ka Kamonyi, biravugwa ko ubu ari mu maboko ya Polisi y’igihugu kuri Sitasiyo ya Kayenzi, kubera gukekwaho gukoresha amafaranga y’amakorano.

Munyakayanza Celestin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyarubuye mu murenge wa Rugarika ku mugoroba wo ku wa 3 Nyakanga 2013, bivugwa ko yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu akekwaho gukoresha amafaranga y’amakorano; akaba yafatiwe aho atuye mu murenge wa Kayenzi.

Amakuru dukesha bamwe mu bamuzi, batashatse ko amazina yabo ashyirwa ahagaragara, mbere y’uko ajya kuyobora akagari ka Nyarubuye mu murenge wa Rugarika, yabanje kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa mu kagari ka Bugarama, arahimurwa ajyanwa mu ka Nyamirama twose two mu murenge wa Kayenzi. Bakomeza badutangariza ko uko kwimurwa kwashingirwaga ku myitwarire idasobanutse yari afite irimo gukekwaho kurya ruswa, ndetse akanatungwa agatoki ko yaba ari umwe mu bafasha abantu kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga z’impimbano.

Twashatse kuvugana n’umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Kamonyi ku bijyanye n’imyitwarire ya Munyakayanza ariko ntabyadukundira, tumwoherereza n’ubutumwa bugufi kuri telefoni ntiyagira icyo adusubiza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugarika, Rukimbira Emmanuel mu kiganiro na IGIHE kuri telefoni igendanwa yadutangarije ko Munyakayanza koko ari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo ya Kayenzi. Ku bijyanye n’imyitwarire ye yadutangarije ko yari umukozi usanzwe ariko umuntu atarutisha abandi, na none ariko atari uwo kujugunywa. Yagize ati "Yari umukozi mushya muri uyu murenge, yari avuye mu murenge wa Kamonyi bitewe n’imyitwarire kuko byavugiwe mu ruhame."

Tuvugana n’Umugenzacyaha akaba n’umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo CSP Hibert Gashagaza, yadutangarije ko bagikurikirana amakuru ya Munyakayanza Celestin aza kuyaduha arambuye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages