00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Ibigo 35 bya leta byeguriwe abikorera; ibindi 100 biracyigwaho

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 23 November 2023 saa 08:57
Yasuwe :

Perezida wa Kenya, William Ruto yategetse ko ibigo bya leta bigera kuri 35 byegurirwa abikorera nyuma yo kugaragara ko bidakora neza ngo bitange umusaruro byitezweho.

Ibi byakozwe mu rwego rwo kuzamura umusaruro ndetse Perezida Ruto akaba yavuze ko hari ibindi bigera ku 100 biri kwigwaho ngo na byo bizegurirwe abikorera.

Yabitangaje mu gihe igihugu cye kiri mu bibazo by’ubukungu bishingiye ku izamuka ry’ibiciro no kwiyongera kw’amadeni.

Mu kwezi gushize leta ya Kenya yahinduye itegeko hagamijwe koroshya ishyirwa mu bikorwa ryo kwegurira abikorera ibigo bya leta.

Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (FMI) cyaherukaga kwemerera Kenya inguzanyo ya miliyari imwe y’amadolari ariko gisaba leta ya Kenya kugira ibyo ihindura mu bigo bya leta harimo na Sosiyete ishinzwe bwikorezi mu kirere, Kenya Airways, yagize igihombo kinini mu mwaka washize.

Kenya yahinduye itegeko rigenga ibyo kwegurira abikorera ibigo bya leta

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages