00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kicukiro: Umurambo w’umusore wasanzwe mu kagozi

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 6 July 2017 saa 05:17
Yasuwe :

Nsengiyumva Dieudonne w’imyaka 23 wo mu Kagari ka Karama, Umurenge wa Remera, Akarere ka Kicukiro, yasanzwe mu kagozi mu ishyamba yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 6 Nyakanga 2017.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Hitayezu Emmanuel, yabwiye IGIHE ko amakuru y’uyu murambo Polisi yayamenye mugitondo cya kare.

Yagize ati “ Aya makuru Polisi yayamenye saa kumi n’ebyiri za mugitondo nibwo twihutiye kuhagera tuhasanga umurambo w’umusore wimanitse ariko twahise twihutira kuwujyana ku bitaro bya Kacyiru kugira ngo hakurikiranwe icyaba cyamwishe.”

Yakomeje avuga ko iperereza ryahise ritangira kugira ngo hamenyekane icyaba cyateye uyu musore kwiyahura. Ariko amakuru aturuka mu baturanyi b’uyu musore wiyahuye avuga ko yiyahuye nyuma yo kumenya ko nyirabuja yacururizaga mu Kabari yamwanduje agakoko gatera SIDA nubwo nta nzego z’ubuyobozi zirabyemeza.

Umusore yasanzwe mu kagozi mu ishyamba yapfuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .