Iri huriro ryashinzwe hagamijwe guhuza abashakashatsi ngo bakorere hamwe bamenyane, bunganirane mu bushakashatsi bwabo kuko ari bwo inzego zifata ibyemezo zishingiraho mu kugena ibikorwa mu iterambere ry’igihugu.
Ubwo hagaragazwaga ibyo iri huriro ryagezeho mu mezi atandatu ya mbere ya 2017 ku banyamuryango baryo, hagaragaye ko kuva ryashingwa mu 2008, muri uyu mwaka aribwo ryabashije kwinjizamo abanyeshuri baba abakiri kwiga mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu cya kaminuza kugira ngo na bo bazakurane umuco wo gukora ubushakashatsi.
Umuhuzabikorwa wa EPRN, Kwizera Seth, yatangaje ko nyuma yo gusanga ubuhanga buri mu bashakashatsi bakuze babwigumanira hagati yabo basanze ari byiza no kuzanamo abanyeshuri kugira ngo babigireho banabagire inama y’uburyo bukorwa.
Yagize ati “ Iri huriro rihuza abashakashatsi bari mu bijyanye n’ubukungu ndetse n’ibindi bijyana na bwo, dukorana cyane n’abashakashatsi b’inararibonye , bashobora gukora ubushakashatsi bwiza bugashingirwaho n’inzego za politiki zifata ibyemezo."
Yakomeje agira ati "Twahisemo ko twakorana n’abashakashatsi bakiri batoya duhereye ku bakiri muri za kaminuza. Hari amahirwe babifitemo nk’abantu bifuza kuzaba abashakashatsi bakiri ku ntebe y’ishuri."
Abanyeshuri bari muri iri huriro bazajya bungukiramo guhabwa ubufasha bwo kubona aho bimenyerereza akazi.
Irakunda Patrick umwe mu banyeshuri bitabiriye bwa mbere ihuriro rya EPRN yatangaje ko yishimiye kuba yabonye abantu bamurusha ubumenyi ashobora kwigiraho.
Umushakashatsi wigenga mu by’ubukungu, Kabanda Emmanuel, yatangaje ko kuba abashakashatsi bahuzwa bakagira ibyo bungurana ubwabo bitaba bifite akamaro baramutse nta bandi babisangira.
Ati “ Hari ibyo dufashanyamo nk’abashakashatsi ubwacu ariko hari n’ibyo twafasha abakiri bato bakizamuka.”
Yakomeje avuga ko nk’abashakashatsi bigenga iyo batsindiye amasoko mu bushakashatsi bizajya bibafasha gukoreshamo abanyeshuri nk’abanyabiraka bakaba barimo kwiga bakanunguka mu buryo bw’amafaranga.
Ihuriro ry’abashakashatsi mu by’ubukungu rigizwe n’abasaga 1040, ryatangiye mu 2008, rimaze gufasha abashakashatsi bo mu Rwanda gusohora ubushakashatsi bwabo ku rwego mpuzamahanga ndetse n’ubundi bukamenyekana mu gihugu, mu gihe bamwe mbere babukoraga bakabubika ntibukoreshwe.



















TANGA IGITEKEREZO