00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali: Ikibazo cy’umuzunguzayi watwawe mu buryo butavuzweho rumwe kigiye gukurikiranwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 August 2026 saa 11:47
Yasuwe :

Umujyi wa Kigali watangaje ko ugiye gukurikirana ikibazo cy’umuzunguzayi w’umugore watwawe n’abanyerondo mu buryo butavuzweho rumwe ku mbuga nkoranyambaga, bigakurura imvururu ndetse n’imodoka uyu mugore yari atwawemo abaturage bakayitera amabuye.

Ni amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu abanyerondo bafashe umugore wacuruzaga mu buryo butemwe i Nyabugogo bamushyira mu modoka, abaturage bayitera amabuye.

Ni amashusho yavuzweho n’abantu benshi bamwe banenga uburyo abanyerondo bitwara iyo bagiye gufata aba bacuruza mu buryo butemewe, abandi bagaragaza ko n’aba bacuruzi bakwiriye gukurikiza amabwiriza yashyizweho.

Nk’uwitwa Richard Kwizera yagize ati “Abacuruzi bo mu Nkundamahoro - Nyabugogo nta mikino bagira! Dore ibyo bakoreye Abanyerondo!! Nyamara ibi bintu nibidasubirwamo ngo bikosorwe, hazavamo ikindi kintu gikomeye. Uburyo abanyerondo na za DASSO bafatamo abazunguzayi, nta bunyamwuga buba burimo. Uzi ko bafata umubyeyi bakamukurubana, bakajugunya muri pick up nk’abajugunya umufuka w’ibishingwe.”

Ubu butumwa buherekejwe n’amashusho agaragaza abaturage batera amabuye abanyerondo, bari batwaye bamwe mu bacuruzi bacuruzaga mu buryo butemewe, bwavuzweho n’Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, agaragaza ko bagiye gukurikirana iki kibazo.

Ati “Murakoze kugaragaza iki kibazo. Umujyi wa Kigali urakurikirana uko uyu ukora ubucuruzi butemewe yafashwemo, ahabayemwo amakosa hakosorwe, abakwiriye guhanwa babihanirwe. Ku rundi ruhande, tuributsa abakora ubuzunguzayi ko ubu bucuruzi butemewe.”

Ntirenganya yavuze ko “inzego z’ibanze zizahozaho mu bugenzuzi zikora bwo guca ubu bucuruzi burundu, ababukora bazakomeza gukangurirwa kubireka, bashake imirimo yemewe n’amategeko, ndetse igihe cyose bishoboka bafashwe kubona iyo mirimo yemewe n’amategeko bashobora gukora.”

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali yibukuje Abanyakigali ko buri wese yagira uruhare mu mutekano n’ituze by’uyu mujyi, akora ibikorwa byemewe n’amategeko.

Yibukije ko imikorere yose inyuranya n’amategeko ari yo itera akajagari n’umutekano muke, kandi ibyo ntibyakwihanganirwa.

Ati “Ikindi kandi, turasaba Abanyakigali gukomeza kubaha inzego ziturindira umutekano mu nzego zose. Ibikorwa by’urugomo bikorerwa izi nzego ntabwo bizihanganirwa, kandi uwo bizagaragaho azabihanirwa.”


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages